Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Avuga Ko Kuba Inkotanyi Ari Amahirwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Avuga Ko Kuba Inkotanyi Ari Amahirwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 July 2024 1:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kagame yavuze ko kuba Umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi ari amahirwe kuko ari ugukoranira amajyambere.

Yabwiye abari baje kumva uko yiyamamariza muri Kindama ya Ruhuha ko FPR atari inyuguti gusa ahubwo ari ugukotana kugira ngo abantu bagere ku majyambere kandi bigenge ntawe ubahitiramo uko babaho.

Ati: ” Mukwiye gutinyuka mukareba umuntu mu maso mukamubwira ko atari we Mana”.

Iyo ngo niyo Politiki y’Inkotanyi.

Yemeza ko kugira ngo Abanyarwanda bagere ku buzima bifuza ari ngombwa gukotana.

Kagame yongeye kuburira abashaka guhungabanya ibyo Abanyarwanda bagezeho ko bizabagwa nabi.

Abo yita ko bahinduwe ibikoresho by’ababashuka, ngo bazarinda basaza ntacyo bagezeho.

Mu kwiyamamaza, Kagame yavuze ko ibyiza bibaye ku Munyarwanda umwe biba bikwiye kugera ku bandi no ku gihugu cyose, iby’abandi bikaguma iwabo.

Avuga ko abo bandi bagomba kubanira neza u Rwanda kandi ngo rwo, ku ruhande rwarwo, rwiyemeje kuzarinda amahoro yarwo.

IKindi Kagame yagarutseho ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Bugesera ni ‘amajyambere’.

Ibyo ngo birimo ko nta Munyarwanda ugomba guhora aganya amashuri, ifunguro, amashuri, bwagoroba ngo abantu bifate ku itama babuze icyo bararira.

Iyo kandi niyo nzira u Rwanda rurimo.

Yibukije abaturage bari baje kumutega amatwi ko ku italiki 15, Nyakanga, 2024 ari umunsi wo guhitamo uko bazakomeza iyo nzira.

Abaturage bari aho bahitaga bavuga bati ‘ku gipfunsi’.

Icyo gipfunsi bavuga ni ikimenyetso cy’Umuryango wa FPR-Inkotanyi.

Kagame yabwiye abari aho ko ARI WE kubera BO kandi ngo NABO bazabe BO kubera WE.

Ngo ibintu ni magirirane, ni igihango hagati y’impande zombi.

Kagame kandi yasezeranyije abaturage ba Bugesera n’abo muri Ngoma na Kicukiro n’abandi ko ateganya kuzabagabira ndetse ko azabatumira basangire.

Ati: “Ndi umuturanyi w’abanya Bugesera kandi nzashaka umwanya mbatumire dusangire kuko nk’abantu bakuru, mu myaka yacu, twabonye akantu mbere”.

Yabwiye abanya Bugesera ko yahisemo gutura mu Bugesera kubera amateka y’aho.

Yakomozaga kuri Politiki yo gucira Abatutsi muri Bugesera mu byitwaga Paysanat aho ubutegetsi bwa Habyarimana Juvenal bwaboherezaga ngo babeyo nabi.

Ni igice Ababiligi bari barashyize ku ruhande ngo bazajye babona ibyo basobanurira intumwa za UN zabaga zaje kugenzura aho bageze bategurira Abanyarwanda kwigenga.

Bamwe mu banyamateka bavuga ko ubutegetsi bwa Habyarimana bwoherezaga Abatutsi muri biriya bice mu rwego rwo kubashyira mu gice kimwe kizwi kandi cyoroshye kugenzura.

Ni uburyo bwo kugira ngo icyo bazashaka kubakoraho cyose bazagikore byoroshye.

Abo bahanga bemeza ko ari nayo mpamvu Abatutsi bo muri aka gace batwikirwaga, abandi bakicwa.

Muri Nyamata ahitwa kuri Nyirarukobwa ni hamwe mu habarurwa imiryango myinshi y’Abatutsi yazimye muri Jenoside yabakorewe mu mwaka wa 1994.

Ibi ni ibitangazwa na IBUKA.

Paul Kagame mu kwiyamamaza kwe yavuze ko yasanze akwiye gutura mu Bugesera kugira ngo abantu babone ko naho ari aho guturwa, ko nta hantu mu Rwanda abantu bakwiye gucibwa burundu.

Mu bitabo by’amateka handitswemo ko muri Bugesera habaga amasazi bitaga Tse-Tse, iyi ikaba isazi itera indwara y’ibitotsi.

Abatutsi bari baraciriwe muri Bugesera barumwe n’iyi sazi itera indwara ishobora guhitana benshi mu bo yafashe.

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame azakomereza kwiyamamaza kwe kuri iki Cyumweru akazabikorera muri Nyagatare aho azava akomereza muri Kayonza.

TAGGED:BugeserafeaturedFPRInkotanyiKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yageze Mu Bugesera Aho Aterejwe N’Ibihumbi Byinshi
Next Article Kiliziya Yaciye Musenyeri Wanenze Papa 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?