Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame mu ijambo rirangiza umwaka 2020
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame mu ijambo rirangiza umwaka 2020

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2021 4:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane taliki 31, Ukuboza, 2020 nibwo Perezida Paul Kagame yavuze ijambo rirangiza umwaka, arigeza ku batuye u Rwanda. Hari saa tatu z’ijoro

Perezida Kagame mu ijambo rye yagarutse ku ngorane u Rwanda rwahuye nazo muri uwo mwaka cyane cyane zishingiye ku cyorezo COVID-19.

Ntiyabuze gushima ubufatanye bw’Abanyarwanda mu kukirwanya ndetse yongera kubibutsa ko ubwo bufatanye bukenewe no mu mwaka utaha kugira ngo bazarusheho kugihashya.

Umwaka ushize[2019] ubwo yagezaga ijambo nka ririya ku Banyarwanda, Perezida Kagame yashimye umurava bagize mu kwiteza imbere, kandi mu buryo bwagaragariraga buri wese.

Icyo gihe yavuze ko gukomeza muri uwo mujyo ari ingenzi.

Mu kiganiro aherutse guha Abanyarwanda avuga ku buzima bw’igihugu, Kagame yavuze ko n’ubwo COVID-19 yakoze mu nkokora ibyo bari bariyemeje kugeraho, ariko batemeye guhera hasi ahubwo bagakora uko bashoboye kugira ngo igihugu gikomeze kibeho.

Umwaka wa 2020 ugiye kurangira Icyorezo cya COVID-19 kimaze kwica Abanyarwanda 86.

Yaraye abwiye Ingabo gukomeza kuzirikana agaciro k’ubuzima bw’Abanyarwanda…

Mu butumwa yaraye ageneye ingabo z’u Rwanda n’abandi bakora mu mutekano, Perezida Kagame yazibwiye ko agaciro k’Abanyarwanda ari kanini k’uburyo kubitangira amaraso akameneka bibaye ngombwa bikorwa.

Yabifurije kuzagira umwaka mushya muhire wa 2021 ariko abibutsa ko batagomba gutezuka ku muhati wabo wo kurinda Abanyarwanda mu buryo bwose.

Perezida Kagame yashimye abasirikare b’u Rwanda n’abapolisi bari mu mahanga kuhagarura umutekano, ababwira ko akazi bakorera mu mahanga gashimwa n’Abanyarwanda bose kandi ko azirikana umuhati wabo n’ubwo bari kure y’imiryango yabo muri izi mpera z’umwaka wa 2020.

TAGGED:AbanyarwandaCOVID-19featuredKagamePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupolisi yafatiwe mu itsinda ry’abiba ibiryabarezi, ubuyobozi bwe bwamwamaganye
Next Article N’ubwo muri 2020 twahuye n’ibibazo ariko ejo ni heza-Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?