Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame mu ijambo rirangiza umwaka 2020
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame mu ijambo rirangiza umwaka 2020

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2021 4:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane taliki 31, Ukuboza, 2020 nibwo Perezida Paul Kagame yavuze ijambo rirangiza umwaka, arigeza ku batuye u Rwanda. Hari saa tatu z’ijoro

Perezida Kagame mu ijambo rye yagarutse ku ngorane u Rwanda rwahuye nazo muri uwo mwaka cyane cyane zishingiye ku cyorezo COVID-19.

Ntiyabuze gushima ubufatanye bw’Abanyarwanda mu kukirwanya ndetse yongera kubibutsa ko ubwo bufatanye bukenewe no mu mwaka utaha kugira ngo bazarusheho kugihashya.

Umwaka ushize[2019] ubwo yagezaga ijambo nka ririya ku Banyarwanda, Perezida Kagame yashimye umurava bagize mu kwiteza imbere, kandi mu buryo bwagaragariraga buri wese.

Icyo gihe yavuze ko gukomeza muri uwo mujyo ari ingenzi.

Mu kiganiro aherutse guha Abanyarwanda avuga ku buzima bw’igihugu, Kagame yavuze ko n’ubwo COVID-19 yakoze mu nkokora ibyo bari bariyemeje kugeraho, ariko batemeye guhera hasi ahubwo bagakora uko bashoboye kugira ngo igihugu gikomeze kibeho.

Umwaka wa 2020 ugiye kurangira Icyorezo cya COVID-19 kimaze kwica Abanyarwanda 86.

Yaraye abwiye Ingabo gukomeza kuzirikana agaciro k’ubuzima bw’Abanyarwanda…

Mu butumwa yaraye ageneye ingabo z’u Rwanda n’abandi bakora mu mutekano, Perezida Kagame yazibwiye ko agaciro k’Abanyarwanda ari kanini k’uburyo kubitangira amaraso akameneka bibaye ngombwa bikorwa.

Yabifurije kuzagira umwaka mushya muhire wa 2021 ariko abibutsa ko batagomba gutezuka ku muhati wabo wo kurinda Abanyarwanda mu buryo bwose.

Perezida Kagame yashimye abasirikare b’u Rwanda n’abapolisi bari mu mahanga kuhagarura umutekano, ababwira ko akazi bakorera mu mahanga gashimwa n’Abanyarwanda bose kandi ko azirikana umuhati wabo n’ubwo bari kure y’imiryango yabo muri izi mpera z’umwaka wa 2020.

TAGGED:AbanyarwandaCOVID-19featuredKagamePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupolisi yafatiwe mu itsinda ry’abiba ibiryabarezi, ubuyobozi bwe bwamwamaganye
Next Article N’ubwo muri 2020 twahuye n’ibibazo ariko ejo ni heza-Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?