Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Na Kirr Bashimangiye Ko Amasezerano Ya Luanda Na Nairobi Akwiye Gukomeza Gukurikizwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Na Kirr Bashimangiye Ko Amasezerano Ya Luanda Na Nairobi Akwiye Gukomeza Gukurikizwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2024 11:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo ryasohowe nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Kagame na mugenzi we wa Sudani y’Epfo Salva Kirr rivuga ko Abakuru b’ibihugu byombi bemeranyije ko kugira ngo amahoro arambye agaruke mu Karere k’ibiyaga bigari ari ngombwa ko ibikubiye mu masezerano ya Nairobi na Luanda bikurikizwa.

Abakuru b’ibihugu byombi bemeza ko amahoro ari yo azatuma intego ibihugu byose bigize EAC byihaye zigerwaho.

Banemeranyije ko hakwiye kubaho ibindi biganiro biri mu mujyo w’ibyemeranyijweho i Nairobi na Luanda hagamijwe kunoza ibyagezweho kugeza ubu kugira ngo ibintu birusheho kujya mu buryo.

Perezida  Salva Kirr yashimye uko yakiriwe mu Rwanda hamwe n’itsinda ryaje rimuherekeje.

Hagati aho Perezida wa DRC Felix Tshisekedi yaraye avuze ko yahinduye imvugo y’intambara yashakaga kuzagaba ku Rwanda.

Yabwiye itangazamakuru  kuri radio na televiziyo y’igihugu ko ibiganiro by’amahoro ari byo bizima kurusha intambara.

Amakuru kandi avuga ko mu Cyumweru kizatangira taliki 26, Gashyantare, 2024 Perezida Tshisekedi azajya i Luanda muri Angola guhura na mugenzi we Joao Lorenco usanzwe ari umuhuza mu kibazo y’ubutegetsi bwe na M23 ndetse n’u Rwanda Kinshasa ishinja gufasha uriya mutwe.

Tshisekedi avuga ko uko ibintu bihagaze muri iki gihe, ibiganiro by’amahoro ari byo by’ingenzi kandi bitanga icyizere ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bw’igihugu cye.

RWANDA | Communiqué of the Consultative Meeting between the Chairperson of the Summit of EAC Heads of State Salva Kiir Mayyardit and President of Rwanda Paul Kagame. #FactsOnRwanda pic.twitter.com/eZp0CARHH5

— Facts On Rwanda (@FactsOnRwanda) February 23, 2024

TAGGED:AngolafeaturedIbiganiroKagameKirrLuandaNairobiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FPR-Inkotanyi Iratangira Amatora Y’Ijonjora
Next Article Undi Mukinnyi W’Ikipe Ya Israel Yatwaye Agace Ka Gatandatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?