Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yabwiye Abibwira Ko Bazatera u Rwanda Bibeshya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yabwiye Abibwira Ko Bazatera u Rwanda Bibeshya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2024 4:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mvugo yeruye, Perezida Paul Kagame yabwiye abitabiriye Inama y’igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 19 ko abakanga Abanyarwanda ko bazabahungabanyiriza umutekano bibeshya.

Yongeye kuvuga ko u Rwanda rutajya rugira uwo rushotora ariko ko iyo hagize urushotora rutazuyaza kwitabara.

Ati:’ Igihe cyose hatararengwa umurongo nta kibazo tugirana n’uwo ari we wese”

Umuyobozi w’u Rwanda asaba Abanyarwanda kuzirikana buri gihe ko ari bo ba nyiri u Rwanda, ko ntawe bakwiye gusaba uburenganzira bwo kukirinda cyangwa kugiteza imbere.

Yababwiye ko nta muntu muto cyangwa igihugu gito ahubwo ko ari we ubyigira cyangwa igihugu kikabyigira.

Kubera iyo mpamvu ngo nta Munyarwanda muto kereka uzabyigira.

Ati: “Mukwiye kumva uburemere bw’inshingano zanyu nk’abanyagihugu, nk’abantu bazima biyubaka.”

Kagame yabwiye Abanyarwanda gukomeza kwita ku iterambere ry’igihugu cyabo, bakima amatwi abashaka kubabibamo amacakubiri.

Yabibukije ko bari mu gihugu cyabo, ko ntawe ikwiye kubakanga.

Inama y’igihugu y’Umushyikirano igenwa n’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, igahuza Abanyarwanda baba mu Rwanda na bagenzi babo baba mu mahanga.

TAGGED:AbaturagefeaturedKagameUmushyikiranoUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Liberia Yananiwe Kurangiza Ijambo Yagezaga Ku Baturage
Next Article Minisitiri W’Ubuhinzi Avuga Ko Abanyarwanda Banywa Litiro 78 Ku Mwaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?