Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yabwiye Abibwira Ko Bazatera u Rwanda Bibeshya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yabwiye Abibwira Ko Bazatera u Rwanda Bibeshya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2024 4:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mvugo yeruye, Perezida Paul Kagame yabwiye abitabiriye Inama y’igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 19 ko abakanga Abanyarwanda ko bazabahungabanyiriza umutekano bibeshya.

Yongeye kuvuga ko u Rwanda rutajya rugira uwo rushotora ariko ko iyo hagize urushotora rutazuyaza kwitabara.

Ati:’ Igihe cyose hatararengwa umurongo nta kibazo tugirana n’uwo ari we wese”

Umuyobozi w’u Rwanda asaba Abanyarwanda kuzirikana buri gihe ko ari bo ba nyiri u Rwanda, ko ntawe bakwiye gusaba uburenganzira bwo kukirinda cyangwa kugiteza imbere.

Yababwiye ko nta muntu muto cyangwa igihugu gito ahubwo ko ari we ubyigira cyangwa igihugu kikabyigira.

Kubera iyo mpamvu ngo nta Munyarwanda muto kereka uzabyigira.

Ati: “Mukwiye kumva uburemere bw’inshingano zanyu nk’abanyagihugu, nk’abantu bazima biyubaka.”

Kagame yabwiye Abanyarwanda gukomeza kwita ku iterambere ry’igihugu cyabo, bakima amatwi abashaka kubabibamo amacakubiri.

Yabibukije ko bari mu gihugu cyabo, ko ntawe ikwiye kubakanga.

Inama y’igihugu y’Umushyikirano igenwa n’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, igahuza Abanyarwanda baba mu Rwanda na bagenzi babo baba mu mahanga.

TAGGED:AbaturagefeaturedKagameUmushyikiranoUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Liberia Yananiwe Kurangiza Ijambo Yagezaga Ku Baturage
Next Article Minisitiri W’Ubuhinzi Avuga Ko Abanyarwanda Banywa Litiro 78 Ku Mwaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?