Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yabwiye UN Ko Abanyarwanda Bigejeje Ku Byo Bafite Kubera Ubudaheranwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yabwiye UN Ko Abanyarwanda Bigejeje Ku Byo Bafite Kubera Ubudaheranwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2023 6:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabwiye abitabiriye Inteko rusange ko ibyo Abanyarwanda bagezeho mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye byatewe n’uko banze guheranwa n’ibyababayeho.

Yavuze ko u Rwanda rukorana n’ibigo mpuzamahanga mu guhangana n’ibibazo biri ahandi muri Afurika cyane cyane ahatari amahoro.

Avuga kandi ko rukora uko rushoboye kugira ngo ibikubiye mu migambi y’iterambere rirambye ( SDGs) bigerweho.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame avuga ko hakiri imbogamizi z’uko hari imiryango mpuzamahanga Afurika yahejwemo kandi nayo igomba kugira icyo iyitangamo ubufasha.

Kagame kandi yasabye ko imyenda iremereye Afurika hashakwa uko yoroshywa kuko ikomeje kuyibera umugogoro.

Muri uyu mujyo ariko ashima gahunda yashyizweho yiswe Bridgetown Initiative ndetse n’ikiswe New Global Financing Pact.

Kagame kandi ashima ko ikigega mpuzamahanga cyo kurinda ibidukikije Green Climate Fund cyashyizeho uburyo bwo gufasha ibihugu bikennye kubona amafaranga yabifasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Perezida Kagame avuga ko Afurika n’ibirwa byayo bito bishaka gukorana n’amahanga mu gukemura ibi bibazo.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagarutse no ku kibazo cy’abimukira bahora bashyira ubuzima bwabo mu kaga bajya gushakira amaramuko ahandi.

Avuga ko u Rwanda rwo rwahisemo kuzababera urugo batahamo bakumva baguwe neza, rukabikorana n’abafatanyabikorwa barimo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku mpunzi.

Umukuru w’igihugu yagarutse ku ngingo nyinshi u Rwanda rukorana n’amahanga ariko aboneraho no gutumira abagize UN kuzaza kwifatanya n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi bizaba mu mwaka wa 2024.

TAGGED:JenosideKagameRwandaUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzibutso Enye Zemejwe Kujya Mu Murage W’Isi
Next Article Kuba Rusesabagina Yarasubiye Mu Byo Yahozemo Tuzabishakira Umurongo-Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?