Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yaganiriye N’Umunyamabanga Wa Amerika Ku Bibera i Goma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Umunyamabanga Wa Amerika Ku Bibera i Goma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2025 7:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri iyi nshuro Perezida Paul Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio, batinda ku biri kubera mu Burasirazuba bwa DRC cyane cyane i Goma.

Ku rubuga rw’Ibiro by’Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga handitse ko Rubio yasabye Perezida Kagame gukora ibishoboka byose M23 igashyira intwaro hasi, intambara igahagarara.

Marco Rubio

Rubio yabwiye Umukuru w’u Rwanda ko intego ya Amerika ari ugutuma Akarere ruherereyemo gatekana mu buryo bwuzuye kandi burambye.

Kuri we, ibyo nibyo bizatuma gatera imbere bifatika.

Kuri X, Perezida Kagame nawe yavuze ko ibiganiro yagiranye na Marco Rubio byari ibiganiro byubaka.

Yanditse ati “Nagiranye ikiganiro cyubaka n’Umunyamabanga wa Leta [muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika] Rubio, ku byerekeranye n’ihagarikwa ry’imirwano mu Burasirazuba bwa RDC no gushakira umuti muzi w’ayo makimbirane, rimwe na rizima”.

Kagame yatangaje ko yaganiriye na Rubio uko ubufatanye hagati y’ibihugu byombi bwashimangirwa, hashingiwe ku kubaha inyungu za buri gihugu.

Yatangaje ko u Rwanda rwiteguye gukorana n’ubutegetsi bwa Trump mu kubaka ubusugire n’umutekano abaturage bo mu Karere bakwiye.

Mbere ya Rubio kandi Kagame yaganiriye n’abandi bayobozi barimo mugenzi we wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa, uw’Ubufaransa Emmanuel Macron ndetse amakuru aremeza ko kuri uyu wa Gatatu ari bujye muri Kenya mu nama ihuza ibihugu bya EAC.

Perezida Felix Tshisekedi we yarangije guhakana ko ari buyitabire.

William Ruto uyobora Kenya niwe wayitumije ngo aganiriremo na bagenzi be uko ibiri kubera muri DRC byahosha kuko bimaze kugera ku yindi ntera.

Aho M23 ifatiye Goma ibintu byahise bihindura isura, amahanga abona ko ibiganiro byeruye bwikiye gukorwa hagati y’impande zihanganye.

Prof PLO Lumumba, umwe mu ntiti mu mategeko zikomeye muri Afurika aherutse kubwira itangazamakuru ko guheza M23 ntitumirwe mu biganiro bigamije amahoro mu DRC ari ikosa rikomeye ubutegetsi bwa Kinshasa buri gukora.

Prof PLO Lumumba

Lumumba yavuze ko iyo udatumiye umuntu mu biganiro kandi asanzwe afite uruhare mu bibera muri icyo gihugu bidashimishije, uba ugaragaje ko udashaka ko amahoro agerwaho agizwemo uruhare nabo areba bose.

M23 ni umutwe wa gisirikare na politiki ukomeye kuko washoboye gukura ingabo za Leta ya DRC mu bice byinshi harimo n’umujyi wa Goma ufatwa nk’uwa kabiri mu gihugu.

Abasirikare b’iki gihugu bamaze kubona ko basumbirijwe bahitamo guhungira mu Rwanda kuko izindi nzira zose zari zagoswe ntaho bafite ho kujya.

Bakiriwe neza, ubu bose uko ari 113 bari kuvurirwa ahitwa Vision Jeunesse Nouvelle mu Karere ka Rubavu.

TAGGED:AmerikafeaturedIntambaraKagameM23Rubio
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nta Musirikare Wa DRC Tuzahatira Gusubira Iwabo- Amb Karega
Next Article Abanyaburayi Bahaye DRC Inkunga Ya Miliyoni Euro 60
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?