Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yagaragaje Ibintu Bine Inteko Zishinga Amategeko Za Afurika Zikwiye Kwitaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kagame Yagaragaje Ibintu Bine Inteko Zishinga Amategeko Za Afurika Zikwiye Kwitaho

admin
Last updated: 24 November 2021 4:48 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye Inteko zishinga amategeko za Afurika guha ubwihutirwe imishinga y’amategeko ijyanye n’icyerekezo ifite, mu kuyifasha kubaka ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo ihura nabyo.

Ni ubutumwa yatanze ubwo yatangizaga inama ya 17 y’abayobozi b’Inteko zishinga amategeko z’ibihugu bigize Commonwealth byo mu karere ka Afurika, muri Kigali Convention Centre.

Perezida Kagame yavuze ko ubwo icyorezo cya COVID-19 cyatangiraga, inteko zishinga amategeko zatanze umusanzu mu guhangana nacyo haba mu gukusanya ubushobozi, ubukagurambaga n’ibindi bikenewe.

Yavuze ko mu rugendo rwo kuzahura ibikorwa, Inteko zikwiye kuguma ku ruhembe rwo kubaka ubudahungabana bwa Afurika ku bibazo byose bishobora kuzaza, birimo iby’ubuzima. Yatanze ibitekerezo bine ku cyo abona cyakorwa.

Icya mbere, yavuze ko Inteko zishinga amategeko z’ibihugu zikwiye kwemeza amasezerano ashyiraho ikigo nyafurika gishinzwe imiti (African Medicines Agency), ubu yatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Ati “Ni amasezerano akomeye azatuma habaho uburyo bwo gutuma inkingo n’imiti muri Afurika biba bifite umwimerere wo hejuru kandi akaba ariho bikorerwa.”

Ni cyo kigo kizaba gifite ububasha bw’ubugenzuzi mu bijyanye n’imiti ku rwego rw’umugabane.

Icya kabiri, Kagame yavuze ko abashingamategeko bakwiye kuba imbaraga zikomeye mu ishyirwa mu bikorwa ry’Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA) n’amasezerano ya Paris ajyanye no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Ni ibikorwa byombi ngo bikeneye amategeko yihariye azatuma bishyirwa mu bikorwa.

Icya gatatu yavuze gikenewe ni ukwita ku mategeko akenewe mu kwihutisha impinduramatwara mu ikoranabuhanga, kandi bigahabwa ubwihutirwe.

Yakomeje ati “Icya nyuma, kugena ingengo y’imari bikwiye kuganisha ku igerwaho ry’intego zigamije iterambere rirambye n’icyerekezo 2063. Ni nako bikwiye kugenda by’umwihariko mu rwego rw’ubuzima, aho usanga hacyiringirwa cyane inkunga zituruka hanze.”

“Iki cyorezo cyagaragaje intege nke za Afurika ndetse gisubiza inyuma ibyiza byinshi twari tumaze kugeraho. Afurika ntabwo iri yonyine muri icyo kibazo ariko dushobora guhangana nabyo mu buryo buciriritse ugereranyije n’abandi. Rero dukwiye gukorera hamwe kugira ngo tubashe gusubira ku murongo kandi tukumva ko byihutirwa.”

Perezida Kagame yashimiye abitabiriye inama, abasaba gusangira ubumenyi n’ubushobozi kuko binyuze mu gufatanya ari bwo imbaraga za buri muntu zirushaho gutanga umusaruro.

Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Kenya akaba na Perezida w’Ihuriro ry’inteko zishinga amategeko zigize Commonwealth mu karere ka Afurika, Justin Muturi, yashimye abitabiriye iyi nama kuko bumva inshingano bategerejweho.

Yashimangiye ko COVID-19 yagaragaje ubushobozi buke ku ruhande rwa guverinoma za Afurika mu bijyanye no guhangana n’ibibazo by’ubukungu n’imibereho y’abaturage.

Byongeye, ngo uracyasanga amafaranga ashorwa mu nzego z’ubuzima ari munsi ya 15% by’ingengo y’imari ya buri mwaka, bitandukanye n’uko byemeranyijweho n’abakuru b’ibihugu bigize Ubumwe bwa Afurika i Abuja mu 2001.

Ibyo ngo byatumye icyorezo kimaze gukara maze ubukungu bugahungabana, ibihugu bigenda bifata nk’amafaranga yagenewe kwihaza mu biribwa, uburezi, ubuzima bw’imyororokere n’ibindi, akajyanwa mu guhangana na COVID-19.

Ibyo byose ngo byasubije inyuma intambwe zari zimaze guterwa mu nzego zimwe zijyanye n’intego zigamije iterambere rirambye (SDGs).

Afurika kandi ngo yarushijeho kugorwa n’ihungabana ry’ingendo kimwe no gutinda kubona inkingo za COVID-19.

Muturi yakomeje ati “Ibyo ni ibigaragaza aho twisanze, ariko ni n’umwanya wo kongera gutekereza uruhare n’umwanya bya Afurika mu ruhando rw’Isi. Nk’abayobozi b’inteko zishinga amategeko ni ngombwa gutora amategeko y’ingenzi no gushyiraho gahunda ku buryo kuzishyira mu bikorwa bizafasha Afurika mu guhangana n’ingorane zihari mu bijyanye n’imibereho myiza, politiki n’ubukungu.”

Yavuze ko kubaka ubudahangarwa bwa Afurika bizayifasha guhangana n’izindi ngorane zaturuka hanze yayo.

Perezida w’Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda, Donatille Mukabalisa, yavuze ko inama nk’iyi ari umwanya ukomeye wo guhura nk’abayobozi b’Inteko zishinga amategeko n’abazigize, nk’intumwa za rubanda.

Uyu ngo ni umwanya wo kungurana ibitekerezo banasangire ubunararibonye ku buryo bwo kuzamura imikorere, hagamijwe guhaza ibyifuzo by’abaturage n’ibyo babitezeho.

Ibyo bikajyana no guteza imbere imitekerereze mishya, hagamijwe kurangaza imbere iterambere mu mibereho n’ubukungu by’abaturage.

Iyi nama irimo kubera muri Kigali Convention Centre
Justin Muturi yavuze ko COVID-19 yatumye abayobozi ba Afurika bongera kwikebuka
Perezida Kagame mu ifoto y’urwibutso hamwe n’abandi bayobozi
TAGGED:Donatille Mukabalisafeaturedinteko ishinga amategekoJustin MuturiPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafana Ba Rayon Na APR Bakurikiranyweho Guhimba Ibyemezo By’Uko Batanduye COVID-19
Next Article RDB Yashimye AbanyaZimbabwe Batangiye Kumurikira Mu Rwanda Ibyo Bakora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?