Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yagaragaje Ibintu Bitanu Byitezweho Impinduka Mu Buhinzi Bwa Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kagame Yagaragaje Ibintu Bitanu Byitezweho Impinduka Mu Buhinzi Bwa Afurika

admin
Last updated: 26 July 2021 5:24 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakenewe impinduka mu buhinzi nk’urwego rwafasha Afurika kugera ku ntego z’iterambere, bijyanye n’uburyo izindi nzego zahungabanyijwe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.

Ni ijambo yavugiye mu nama y’Umuryango w’Abibumbye ibanziriza inama ikomeye yiga ku bijyanye n’ibiribwa (United Nations Food Systems Summit) izaba muri Nzeri. Yitabiriwe n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Mario Draghi.

Perezida Kagame yavuze ko ubuhinzi n’ubucuruzi bujyanye no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi by’umwihariko muri Afurika, bizagira uruhare mu gutuma intego zigamije iterambere rirambye rigerwaho.

Ati “Ibi ni ukuri by’umwihariko mu gihe tugerageza kugarura igihe twatakaje kubera icyorezo cya COVID-19. Buri gihugu n’akarere bigomba kugerageza uburyo bw’impinduka, ariko ni n’ikibazo kireba isi yose tugomba gufatanya gushakira igisubizo.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko nko muri Afurika usanga nibura 70 ku ijana by’abantu bari mu myaka yo gukora bafite imirimo mu rwego rw’ubuhinzi, ariko ugasanga si urwego rukomeye.

Usanga hakiri intege nke mu gutunganya ibiribwa no kubyongerera agaciro.

Ibindi bibazo birimo ko nubwo ikoranabuhanga rishya rigenda ryinjizwa mu buhinzi muri Afurika, ritaragera ku bahinzi mu buryo bwizewe, ndetse babura serivisi z’ingenzi nk’ubwishingizi bw’imyaka yabo.

Ibyo byose ngo bituma abahinzi bo muri Afurika batabona inyungu bakwiriye, mu gihe bagomba gukomeza guhangana n’ibibazo by’ubukungu butifashe neza.

Hakenewe impinduka

- Advertisement -

Perezida Kagame yashimangiye ko impinduka ari ngombwa, yerekana inzira eshanu Afurika yiyemeje kunyuramo mu gushaka ibisubizo.

Iya mbere ni gushyiraho politiki zijyanye n’ibiribwa, ubuhunikiro bw’ibiribwa no kwagura gahunda zo kugaburira abana ku mashuri; iya kabiri ni ugushyigikira amasoko yo mu gihugu n’uruhererekane rwo gukwirakwiza ibiribwa.

Ibyo bikajyana no gushora imari mu gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, hagamijwe kubona ibiribwa bifite ubuziranenge no kwagura ubucuruzi bwabyo muri Afurika.

Yakomeje ati “Icya gatatu ni uguharanira kongera ishoramari rijya mu buhinzi rikagera ku 10% by’amafaranga akoreshwa n’ibihugu, hakibandwa cyane ku bushakashatsi, guhanga ibishya no kwita ku kurengera ibidukikije.”

“Icya kane ni ugufasha abahinzi baciriritse, gushishikariza amakoperative no guharanira ko abagore babona uburyo bwo kongera umusaruro. Icya gatanu ni uguharanira kongera mbaraga muri gahunda zirimo ubwirinzi no gushora imari mu buryo butanga amakuru y’imihindagurikire y’ibihe hakiri kare.”

Perezida Kagame yashimangiye ko Afurika ishyize imbere kubaka uburyo bwatuma ihagarika gushingira ku gutumiza ibiribwa hanze yayo, kurwanya imirire mibi no guhanga miliyoni nyinshi z’imirimo mishya ishingiye ku biribwa.

Bibarwa ko ubutaka nibura 60% bushobora guhingwa bwose bwo ku isi buri muri Afurika.

Nyamara Banki y’Isi iheruka gutangaza ko mu myaka icumi ishize, fagitire y’ibiribwa Afurika itumiza mu mahanga yikubye inshuro zirenga eshatu ikagera kuri miliyari $35 ku mwaka.

Ni mu gihe ibiribwa byinshi bitumizwa bishobora guhingwa ndetse bigatunganyirizwa muri Afurika, igikorwa cyatanga imirimo myinshi cyane ku rubyiruko n’abahinzi baciriritse.

Perezida Kagame yavuze ko ari ngombwa ko haba impinduka mu rwego rw’ubuhinzi
TAGGED:AfurikaAntonio GuterresfeaturedPaul KagameUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Airtel Rwanda Yacyuye Igihe
Next Article Energicotel Plc Yakusanyije Miliyari 3.5 Frw Mu Mpapuro Mpeshamwenda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?