Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yagaragaje Ibintu Bitanu Byitezweho Impinduka Mu Buhinzi Bwa Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kagame Yagaragaje Ibintu Bitanu Byitezweho Impinduka Mu Buhinzi Bwa Afurika

admin
Last updated: 26 July 2021 5:24 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakenewe impinduka mu buhinzi nk’urwego rwafasha Afurika kugera ku ntego z’iterambere, bijyanye n’uburyo izindi nzego zahungabanyijwe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.

Ni ijambo yavugiye mu nama y’Umuryango w’Abibumbye ibanziriza inama ikomeye yiga ku bijyanye n’ibiribwa (United Nations Food Systems Summit) izaba muri Nzeri. Yitabiriwe n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Mario Draghi.

Perezida Kagame yavuze ko ubuhinzi n’ubucuruzi bujyanye no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi by’umwihariko muri Afurika, bizagira uruhare mu gutuma intego zigamije iterambere rirambye rigerwaho.

Ati “Ibi ni ukuri by’umwihariko mu gihe tugerageza kugarura igihe twatakaje kubera icyorezo cya COVID-19. Buri gihugu n’akarere bigomba kugerageza uburyo bw’impinduka, ariko ni n’ikibazo kireba isi yose tugomba gufatanya gushakira igisubizo.”

Yavuze ko nko muri Afurika usanga nibura 70 ku ijana by’abantu bari mu myaka yo gukora bafite imirimo mu rwego rw’ubuhinzi, ariko ugasanga si urwego rukomeye.

Usanga hakiri intege nke mu gutunganya ibiribwa no kubyongerera agaciro.

Ibindi bibazo birimo ko nubwo ikoranabuhanga rishya rigenda ryinjizwa mu buhinzi muri Afurika, ritaragera ku bahinzi mu buryo bwizewe, ndetse babura serivisi z’ingenzi nk’ubwishingizi bw’imyaka yabo.

Ibyo byose ngo bituma abahinzi bo muri Afurika batabona inyungu bakwiriye, mu gihe bagomba gukomeza guhangana n’ibibazo by’ubukungu butifashe neza.

Hakenewe impinduka

Perezida Kagame yashimangiye ko impinduka ari ngombwa, yerekana inzira eshanu Afurika yiyemeje kunyuramo mu gushaka ibisubizo.

Iya mbere ni gushyiraho politiki zijyanye n’ibiribwa, ubuhunikiro bw’ibiribwa no kwagura gahunda zo kugaburira abana ku mashuri; iya kabiri ni ugushyigikira amasoko yo mu gihugu n’uruhererekane rwo gukwirakwiza ibiribwa.

Ibyo bikajyana no gushora imari mu gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, hagamijwe kubona ibiribwa bifite ubuziranenge no kwagura ubucuruzi bwabyo muri Afurika.

Yakomeje ati “Icya gatatu ni uguharanira kongera ishoramari rijya mu buhinzi rikagera ku 10% by’amafaranga akoreshwa n’ibihugu, hakibandwa cyane ku bushakashatsi, guhanga ibishya no kwita ku kurengera ibidukikije.”

“Icya kane ni ugufasha abahinzi baciriritse, gushishikariza amakoperative no guharanira ko abagore babona uburyo bwo kongera umusaruro. Icya gatanu ni uguharanira kongera mbaraga muri gahunda zirimo ubwirinzi no gushora imari mu buryo butanga amakuru y’imihindagurikire y’ibihe hakiri kare.”

Perezida Kagame yashimangiye ko Afurika ishyize imbere kubaka uburyo bwatuma ihagarika gushingira ku gutumiza ibiribwa hanze yayo, kurwanya imirire mibi no guhanga miliyoni nyinshi z’imirimo mishya ishingiye ku biribwa.

Bibarwa ko ubutaka nibura 60% bushobora guhingwa bwose bwo ku isi buri muri Afurika.

Nyamara Banki y’Isi iheruka gutangaza ko mu myaka icumi ishize, fagitire y’ibiribwa Afurika itumiza mu mahanga yikubye inshuro zirenga eshatu ikagera kuri miliyari $35 ku mwaka.

Ni mu gihe ibiribwa byinshi bitumizwa bishobora guhingwa ndetse bigatunganyirizwa muri Afurika, igikorwa cyatanga imirimo myinshi cyane ku rubyiruko n’abahinzi baciriritse.

Perezida Kagame yavuze ko ari ngombwa ko haba impinduka mu rwego rw’ubuhinzi
TAGGED:AfurikaAntonio GuterresfeaturedPaul KagameUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Airtel Rwanda Yacyuye Igihe
Next Article Energicotel Plc Yakusanyije Miliyari 3.5 Frw Mu Mpapuro Mpeshamwenda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?