Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yasabye Abasenateri Kudategereza Ko Ibibazo By’Abaturage Bicishwa Ku Mbuga Nkoranyambaga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yasabye Abasenateri Kudategereza Ko Ibibazo By’Abaturage Bicishwa Ku Mbuga Nkoranyambaga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 September 2024 7:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kagame ubwo yakiraga indahiro z'abagize Sena y'u Rwanda
SHARE

Mu ijambo yavuze ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri 20 barahiriye inshingano muri manda ya kane, Perezida Kagame yabasabye gushyira imbaraga mu kumenya uko abaturage babayeho bitabaye ngombwa ko babisoma ku mbuga nkoranyambaga.

Yavuze ko muri manda yabo bakwiye kuzakora uko bishoboka kose abaturage b’u Rwanda bakagerwaho n’iterambere kuko ntawe ukwiye gusigara inyuma.

Kagame yavuze ko inzego zose zikwiye kujya zimenya uko Abanyarwanda babayeho, ibibazo byabo bigakemurwa.

Avuga ko mu kumenya amakuru y’uburyo babayeho, ari byo byatuma bakemura ibibazo byabo bitabanje guca mu mbuga nkoranyambaga.

Ati: “Ndabasaba rero cyane gukurikirana , ibintu byo kujya tubona ibibazo by’abaturage no mu byaro hirya, ibyiza ni uko twabonye internet, dufite ikoranabuhanga, dukwiye kujya tumenya ibibazo by’Abanyarwanda binyuze mu mbuga nkoranyambaga, ukabona umuntu yohereje ikintu avuga ati: ‘ Ariko mwadutabaye, Mutabare ahangaha muri aka Karere, muri uyu Murenge ko ibintu bitameze neza”.

Perezida Kagame avuga ko ibintu bidakwiye kugera aho ngaho.

Yavuze kandi ko umutungo w’Abanyarwanda ari muke, ko bakwiye kuwucunga neza ntibawusesagure.

Ndetse ngo niyo baba bafite byinshi, ntibakwiye kubisesagura ahubwo bakwiye kubicunga neza ngo bizagirire benshi akamaro.

Manda ya Sena ya kane igizwe n’Abasenateri 26 barimo abagore 14 n’abagabo 12.

Muri bo abagera kuri 20 baherutse gutorwa mu gihe abandi batandatu bazarangiza manda yabo taliki 26, Nzeri, 2025.

TAGGED:AbasenateriAbaturagefeaturedImbuga NkoranyambagaKagameSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sen Kalinda Yongeye Gutorerwa Kuyobora Sena Y’u Rwanda
Next Article Gatsibo: Baravugwaho Kwiba Ibiribwa By’Abanyeshuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?