Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yashimiye Muhoozi Uruhare Yagize Mu Guhuza u Rwanda Na Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yashimiye Muhoozi Uruhare Yagize Mu Guhuza u Rwanda Na Uganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2023 5:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango w’isabukuru nziza ya Gen Muhoozi Kainerugaba, yamushimiye uruhare yagize mu guhuza u Rwanda na Uganda nyuma y’umubano muke wari umaze imyaka myinshi.

Muhoozi Kainerugaba yageze mu Rwanda mu mpera z’Icyumweru aje kuhiziriza umunsi we w’amavuko.

Yavukiye i Dar es Salaam muri Tanzania ubu akaba afite imyaka 49 y’amavuko.

Afite umugore witwa Charlotte Nankunda Kutesa bakaba bafitanye abana batatu ari abo Kenshuro Kainerugaba, Ruhamya Kainerugaba na Ihunde Kainerugaba.

Mu muhango wo kwizihiza isabukuru ya Kainerugaba, Perezida Kagame yavuze ko umubano mwiza hagati y’u Rwanda na Uganda uri ho muri iki gihe wagezweho kubera umuhati Gen Muhoozi Kainerugaba yashyizeho.

Yagize ati: “Turi inshuti ndetse dufite n’amahoro. Warakoze General Muhoozi  ku ruhare wagize muri ibi kuko wabaye  ikiraro gihuza impande zombi.”

Kagame Yashimiye Muhoozi Uruhare Yagize Mu Guhuza u Rwanda Na Uganda

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mbere u Rwanda na Uganda bitari bibanye neza ariko buri gihugu gifite amahoro ariko umuhati wa Muhoozi Kainerugaba watumye byombi muri iki gihe bigerwaho,

Buri gihugu gifite amahoro kandi kibanye neza n’ikindi.

Muhoozi Kainerugaba aherutse mu Rwanda muri Mutarama, 2023.

Icyo gihe yari yaje kuganira na Perezida Kagame ku mubano w’ibihugu byombi.

Icyo gihe uruzinduko rwe, rwaje rukurikiye urwa Ambasaderi wa Uganda muri UN witwa Adonia Ayebare yari yagiriye mu Rwanda mu gihe gito cyabanje.

Ayebare yari azaniye Perezida Kagame ubutumwa bwa Perezida Yoweli Kaguta Museveni.

U Rwanda rwari rumaze imyaka igera kuri ine utameze neza hagati yarwo na Uganda.

Icyo gihe u Rwanda rwavugaga ko imiterere y’iki kibazo ishingiye ku ngingo eshatu ari zo guhohotera Abanyarwanda mu bihe no mu buryo butandukanye bikozwe n’inzego z’umutekano za Uganda.

Ikindi ni uko rwavugaga ko Uganda ishyigikira imitwe y’abarwanyi igerageza guhungabanya umutekano warwo ndetse no kubangamira ubukungu bw’u Rwanda mu buryo butandukanye.

Muri Kanama 2019 ibihugu byombi byasinyanye amasezerano agamije gukemura ibibazo biri hagati yabyo.

Ayo masezerano yasinyiwe  i Luanda muri Angola mu nama y’umunsi umwe yari yitabiriwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, João Lourenço wa Angola, Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda na Felix Tshisekedi wa RDC.

Na nyuma hari ibindi biganiro byabaye muri uwo mujyo.

Abashyitsi bakiriwe na Perezida Kagame mu muhango w’umunsi w’amavuko wa Muhoozi Kainerugaba
TAGGED:featuredKagameKainerugabaMuhooziPerezidaUgandaUmubanoUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatutsi Bo Muri Kivu Y’Amajyepfo Bugarijwe N’Inyeshyamba Zahawe Rugari Na Leta
Next Article Ruhango: Amasanduku Ashyinguwemo Abazize Jenoside Yarangiritse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?