Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yashimye Abikorera Ku Nkunga Bamuteye Mu Kwiyamamaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yashimye Abikorera Ku Nkunga Bamuteye Mu Kwiyamamaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2024 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame uherutse gutorerwa gukomeza kuyobora u Rwanda yaraye ashimiye ku mugaragaro abantu bose bagize uruhare mu migendekere myiza y’amatora harimo n’urwego rw’abikorera ku giti cyabo.

Yashimiye kandi n’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakoranye nawe umunsi ku wundi kugeza ibyumweru bitatu yamaze yiyamamaza birangiye kandi akabikuramo intsinzi.

Agaruka ku rwego rw’abikorera ku giti cyabo, Kagame yashimye ko umusanzu wabo watumye n’abaturage bazaga kumva aho yiyamamaza babona amazi yo kunywa.

Perezida watowe Paul Kagame kandi yashimye n’umuryango we, avuga ko wamubereye akabando yicumbye kugeza amatora arangiye.

Ashima kandi n’abashinzwe umutkeno uko babyitwayemo, akavuga ko akazi kabo ari akazi bumva neza, akungamo ko bo ahora abashimira.

Ati: “ Ndabashimira ko barinda umutekano bakawurindira n’inshuti z’u Rwanda, abo turabamenyereye kandi ntacyo twababurana”.

Kagame kandi yashimiye n’abahanzi kandi buri wese amusaba kuza akamusuhuza amukoze mu ntoki.

Bose uko bakabaye yababwiye ati: ‘ Mwarakoze cyane’.

Yongeye kubwira abanyamuryango ba FPR ko ibiri imbere byo gukora ari byinshi kandi ko ku bufatanye nabo bizashoboka.

Avuga ko ibibi u Rwanda rwaciyemo bihora bigaruka mu mitwe y’abaturage barwo bityo ko bitazasubira.

Kagame kandi ashima ko urubyiruko rw’u Rwanda muri iki gihe rwatangiye kwigana imico y’abantu bakuru barubyaye kandi ngo ibi ni ibintu bizakomeza kuranga Abanyarwanda.

Yavuze kandi ko Abanyarwanda iyo babaniwe neza n’inshuti zabo batajya bazitenguha.

Ku ruhande rw’abanzi b’u Rwanda, Kagame avuga ko nabo iyo batemeye kubanira neza Abanyarwanda, nabo babereka ko burya nabo bazi kwanga.

Yaburiye abanzi b’u Rwanda ko iyo bakomeje kwigira abanzi barwo, birangira koko babaye abanzi barwo kandi narwo rukabanga bakabibona.

TAGGED:AbikoreraAmatorafeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden Yahariye Kamala Harris Ngo Aziyamamaze
Next Article Amb Munyuza Avuga Ko U Rwanda Rwari Rupfuye Iyo Rutagira Ingabo Za APR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?