Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yavuze Intego u Rwanda Ruhuje Na Seychelles
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yavuze Intego u Rwanda Ruhuje Na Seychelles

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2023 2:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuba u Rwanda rukorana na Seychelles kandi uyu mubano ukaba ugomba gukomeza, bishingiye ku ngingo y’uko ubuyobozi bw’ibi bihugu bugamije ko ababituye bagira.

Yabivugiye mu kiganiro atanze ari kumwe na mugenzi we uyobora Seychelles witwa Wavel Ramkalawan.

Guhera kuri uyu wa Gatatu taliki 28, Kamena, 2023 nibwo Perezida Kagame yatangiye uruzinduko mu birwa bya Seychelles ruzamara iminsi ibiri.

Yakiriwe na mugenzi we uyobora Ibirwa bya Seychelles ari kumwe na madamu we Linda Ramkalawan.

Mu kiganiro bahaye abanyamakuru, Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Seychelles ushingiye kuri byinshi kandi ko intego y’abayobozi b’ibi bihugu ari uko ababituye baba abantu bateye imbere, bihagije muri byinshi.

Ati: “ Seychelles n’u Rwanda ni ibihuguu bifite abaturage baharanira kubaho neza ntawe basaba. Imikoranire n’abafatanyabikorwa mu karere buri gihugu giherereyemo bizarushaho kuduteza imbere”

Perezida Kagame yatumiwe muri Seychelles mu muhango wo kuzirikana umunsi wayo w’ubwigenge w’imyaka 47 icyo gihugu kimaze kibonye ubwigenge.

Hagati aho kandi hari amasezerano impande zombi zasinye arebana n’imikoranire mu nzego zirimo ubucuruzi n’inganda.

Ni ku nshuro ya Kabiri Perezida Paul Kagame asuye Seychelles.

Perezida Ramkalawan na we yasuye u Rwanda muri Kamene, 2022 ubwo yari yitabiriye Inama ya CHOGM.

U Rwanda na Seychelles bihuriye mu miryango mpuzamahanga irimo Commonwealth ndetse na Francophonie.

Perezida Kagame avuga ko ubushake bw’abayobozi b’u Rwanda na Seychelles mu uteza imbere abaturage ari ingenzi
Jawel Ramkalawan
TAGGED:AbaturagefeaturedIngandaKagameRwandaSeychellesUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umutekano W’u Rwanda Ntureba Abawushinzwe Gusa-IGP Namuhoranye
Next Article Malawi Yakiriwe Mu Bihugu By’Umuhora Wo Hagati Birimo N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?