Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yerekanye Amahirwe Menshi Ari Mu Bufatanye Bwa Afurika Na Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kagame Yerekanye Amahirwe Menshi Ari Mu Bufatanye Bwa Afurika Na Amerika

admin
Last updated: 28 July 2021 5:41 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye abikorera hagati ya Afurika na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kurushaho gushakisha amahirwe y’ubufatanye mu ishoramari, by’umwihariko hakitabwa ku rubyiruko rubona ibisubizo aho abandi babona ibibazo gusa.

Kuri uyu wa 28 Nyakanga Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ubucuruzi ihuza Afurika na Amerika, yakomeje kuba umuhuza w’inzego z’abikorera hagati y’impande zombi kuva mu myaka ishize.

Yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga ku nshuro ya kabiri, nyuma y’iyabaye umwaka ushize kubera ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 cyugarije Isi.

Perezida Kagame yavuze ko kugeza ubu ntawe uzi igihe iki cyorezo kizarangirira, ari nayo mpamvu hakenewe ubufatanye bwisumbuye hagati ya Amerika na Afurika.

Yavuze ko hari amahirwe menshi ku bigo byo ku mpande zombi z’inyanja ya Atlantic, kandi hamaze kuboneka ingero z’uburyo bene ubwo bufatanye bushobora gutanga umusaruro mu guhanga ibishya bizana impinduka ku isi yose.

Perezida Kagame yakomoje ku kigo cya Zipline cyo muri California, ubwo cyegeraga u Rwanda kikagaragaza umushinga wo kwifahisha ikoranabuhanga mu gukwirakwiza amaraso hirya no hino mu bitaro, hifashishikwe utudege duto tuzwi nka “drones”.

Uwo mushinga waje gutanga umusaruro, ubu Zipline ikomeje kwagurira ibikorwa hirya no hino muri Afurika, mu Buyapani na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Perezida Kagame yakomeje ati “Ubu icyo kigo kibarirwa agaciro muri miliyari z’amadolari. Mureke dukoreshe ubwihutirwe kubera ibi bihe kugirango tumenye ahari andi mahirwe twafatanyamo, twibanda cyane cyane ku basore n’inkumi bo ku migabane yacu yombi babona ibisubizo aho abandi babona ibibazo gusa.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo gufasha Afurika binyuze mu gusaranganya inkingo za COVID-19 icyo gihugu gifite, zirimo kunyuzwa muri gahunda mpuzamahanga ifasha ibihugu kubona inkingo za COVID-19, COVAX.

Icyo gihugu giheruka kwemera gusaranganya inkingo miliyoni 80 zirimo izisaga miliyoni 15 zoherejwe muri Afurika, cyemera no kugura izindi miliyoni 500 za Pfizer, zizahabwa ibihugu birimo ibigize Afurika yunze Ubumwe mbere ya Kamena 2022.

Perezida Kagame yashimye ko inkingo za mbere zatangiye kugera muri Afurika, ariko avuga ko impano gusa zidashobora gusubiza ikibazo cy’ubuzima cyibasiye Isi ku rwego rwa COVID-19.

Yashimye ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo kwitegura kwifatanya n’abafatanyabikorwa bashyigikiye ko inkingo za COVID-19 kimwe n’ibindi bikoresho byo kwa muganga bikorerwa muri Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko Afurika nayo irimo kuzamura uruhare rwayo binyuze mu gushyiraho Ikigo Gishinzwe Imiti, Africa Medicines Agency, kizafasha mu rwego ngenzuramikorere gifatanyije n’ibigo by’imbere mu bihugu.

Ayo ngo ni amahirwe ibigo byo ku mpande zombi bishobora kubyaza umusaruro bigashoramo imari.

TAGGED:AfurikaCOVID-19featuredPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitaramo Bya Israel Mbonyi Mu Burundi Byaburijwemo, Hasigaye Bruce Melodie
Next Article Ubuyobozi Bw’Ibitaro Byitiriwe Umwami Faisal Bwongewemo Amaraso Mashya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?