Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yibukije Ba Minisitiri Bashya Akamaro Ka Minisiteri Bashinzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yibukije Ba Minisitiri Bashya Akamaro Ka Minisiteri Bashinzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2024 4:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye irahira rya Minisitiri Dr. Patrice Mugenzi washinzwe ubutegetsi bw’igihugu na Dr .Mark Cyubahiro Bagabe w’ubuhinzi n’ubworizi, Perezida Kagame yabwiye abo bagabo ko Minisiteri zabo zifite uruhare runini mu iterambere ry’u Rwanda.

Kagame yavuze ko abizeye, ko bazuzuza inshingano zabo neza ariko abasaba kuzakorana n’abo bazasanga muri Minisiteri kuko ‘utaba umuyobozi mwiza mu gihe udafite abo mukorana beza’.

Yashimiye abarahiye kubera inshingano bemeye gufata mu nyungu z’igihugu.

Avuga ko ari ibisnazwe ko Abanyarwanda aho bari hose mu mirimo yabo iyo bahamagariwe gukorera igihugu babyitabira.

Yongeye kwibutsa ko inshingano nk’izo ari ibintu bikwiriye gufatanwa ubwitonzi n’ubushishozi kuko zisaba gukorera Abanyarwanda bose nta n’umwe usiganye inyuma kandi mu buryo bwose bushobotse.

Dr. Patrice Mugenzi(ibumoso) na Dr. Mark Cyubahiro Bagabe( iburyo) ubwo barahiraga

Ati: “Ni ibintu bikorwa bijyanye n’amikoro igihugu gifite cyangwa ayo gishobora gushakisha hirya no hino”.

Kagame avuga ko abantu bafata inshingano bazikunze kandi bazishoboye ariko hakaba igihe babirengaho bakaba ari bo bibanza muri izo nshingano.

Yunzemo ati: “Uwo ni umuco igihugu cyaranduye mu myaka yose, ukaba wari warabaye karande mu myaka nka 30 ishize”

Kagame avuga ko muri iki gihe bitakwihangairwa.

Gusa avuga ko abantu bahora ari abantu, hakaba ubwo hari abajya mu bintu nk’’ibyo ukabahanura, ariko akongeraho ko ubundi ibintu nk’ibyo  bitari bikwiye gusubirwamo kenshi.

Kagame avuga ko hari abahitamo gukora nabi bigiza nkana kuko haba hari ibintu bisanzwe bizwi uko bigomba kugenda.

Perezida Kagame yavuze ko Minisiteri abo bagabo barahiriye zifite uburemere ku iterambere ry’u Rwanda.

Ati: “Ubundi mwe murabyumva kandi mubifitiye ubushobozi, simwe gusa mukwiye gukora mwenyine ahubwo mukwiye gukorana n’abandi kugira ngo mugere ku nshingano uko bikwiye”.

Yavuze kandi ko utaba umuyobozi mwiza ngo ugire abo uyobora babi.

Mu ijambo rye, Kagame yasabye abo bayobozi gukora cyane kandi bakamenya gukurikirana ngo barebe ko n’abandi bakoze ibyo bashinzwe.

Umukuru w’u Rwanda yanenze ko hari abadakora ngo badakosa, akabanenga ko no burya no kudakora ubwabyo ari ikosa.

TAGGED:AbaturageBagabeCyubahirofeaturedInshinganoKagameMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kiyovu Yabonye Umufatanyabikorwa Uzayiha $ 50,000
Next Article Imvura Yatumye Umukino Wa Gasogi United Na APR FC Usubikwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?