Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yibukije Ba Minisitiri Bashya Akamaro Ka Minisiteri Bashinzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yibukije Ba Minisitiri Bashya Akamaro Ka Minisiteri Bashinzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2024 4:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye irahira rya Minisitiri Dr. Patrice Mugenzi washinzwe ubutegetsi bw’igihugu na Dr .Mark Cyubahiro Bagabe w’ubuhinzi n’ubworizi, Perezida Kagame yabwiye abo bagabo ko Minisiteri zabo zifite uruhare runini mu iterambere ry’u Rwanda.

Kagame yavuze ko abizeye, ko bazuzuza inshingano zabo neza ariko abasaba kuzakorana n’abo bazasanga muri Minisiteri kuko ‘utaba umuyobozi mwiza mu gihe udafite abo mukorana beza’.

Yashimiye abarahiye kubera inshingano bemeye gufata mu nyungu z’igihugu.

Avuga ko ari ibisnazwe ko Abanyarwanda aho bari hose mu mirimo yabo iyo bahamagariwe gukorera igihugu babyitabira.

Yongeye kwibutsa ko inshingano nk’izo ari ibintu bikwiriye gufatanwa ubwitonzi n’ubushishozi kuko zisaba gukorera Abanyarwanda bose nta n’umwe usiganye inyuma kandi mu buryo bwose bushobotse.

Dr. Patrice Mugenzi(ibumoso) na Dr. Mark Cyubahiro Bagabe( iburyo) ubwo barahiraga

Ati: “Ni ibintu bikorwa bijyanye n’amikoro igihugu gifite cyangwa ayo gishobora gushakisha hirya no hino”.

Kagame avuga ko abantu bafata inshingano bazikunze kandi bazishoboye ariko hakaba igihe babirengaho bakaba ari bo bibanza muri izo nshingano.

Yunzemo ati: “Uwo ni umuco igihugu cyaranduye mu myaka yose, ukaba wari warabaye karande mu myaka nka 30 ishize”

Kagame avuga ko muri iki gihe bitakwihangairwa.

Gusa avuga ko abantu bahora ari abantu, hakaba ubwo hari abajya mu bintu nk’’ibyo ukabahanura, ariko akongeraho ko ubundi ibintu nk’ibyo  bitari bikwiye gusubirwamo kenshi.

Kagame avuga ko hari abahitamo gukora nabi bigiza nkana kuko haba hari ibintu bisanzwe bizwi uko bigomba kugenda.

Perezida Kagame yavuze ko Minisiteri abo bagabo barahiriye zifite uburemere ku iterambere ry’u Rwanda.

Ati: “Ubundi mwe murabyumva kandi mubifitiye ubushobozi, simwe gusa mukwiye gukora mwenyine ahubwo mukwiye gukorana n’abandi kugira ngo mugere ku nshingano uko bikwiye”.

Yavuze kandi ko utaba umuyobozi mwiza ngo ugire abo uyobora babi.

Mu ijambo rye, Kagame yasabye abo bayobozi gukora cyane kandi bakamenya gukurikirana ngo barebe ko n’abandi bakoze ibyo bashinzwe.

Umukuru w’u Rwanda yanenze ko hari abadakora ngo badakosa, akabanenga ko no burya no kudakora ubwabyo ari ikosa.

TAGGED:AbaturageBagabeCyubahirofeaturedInshinganoKagameMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kiyovu Yabonye Umufatanyabikorwa Uzayiha $ 50,000
Next Article Imvura Yatumye Umukino Wa Gasogi United Na APR FC Usubikwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Body Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Yatemye Ushinzwe Umutekano Baramurasa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?