Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yihanganishije Imiryango Y’Abandi Bapfuye Baje Kumva Aho Yiyamamaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yihanganishije Imiryango Y’Abandi Bapfuye Baje Kumva Aho Yiyamamaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2024 12:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame yihanganishije imiryango y’abantu babiri bapfuye bagonzwe n’imodoka ubwo bari bagiye kumva aho yimamariza muri Huye. Kagame ari kwiyamamaza mu Ntara y’Amajyepfo aho yabanjirije mu Karere ka Huye akaza gukomereza mu Karere ka Nyamagabe.

Yavuze ko bibabaje kuba bariya bantu bapfuye kandi byashobokaga ko byirindwa.

Avuga ko kuba abantu bahura n’impanuka ari ibintu bisanzwe bibaho ariko ko ibishobora kwirindwa biba bigomba kwirindwa koko.

Iby’urupfu rw’abo bantu bivuzwe mu gihe hari undi waguye mu muvundo wabereye mu Karere ka Rubavu ahitwa i Gisa, icyo gihe hari ku Cyumweru taliki 23, Kamena, 2024.

I Huye Kagame yabwiye abari baje kumva aho yiyamamaza ko ubuhunzi ari ikintu kibi cyane ku buryo butazongera kuba ku Banyarwanda.

Avuga ko ubwo yari impunzi muri Uganda yacishagamo akaza muri Kaminuza y’u Rwanda kureba umwe mu bantu b’aho.

Kagame nk’umukandida wa FPR-Inkotanyi yabwiye abaje kumutega amatwi ko ibyo u Rwanda rwagezeho bigomba kubungwabungwa kandi ko nta kabuza ibyo abasezeranya bazabigeramo mu gihe kiri imbere  ariko bafatanyije.

Yanabwiye abari baje kumwumva ko ubwo yari yaje muri Kaminuza y’u Rwanda yasanze hari umukino wahuje iyari ikipe y’ingabo Panthère Noire yakinnye na Mukura Victory Sports ariko umukino urangiye haba imirwano.

Ni ikintu avuga ko kidakwiye.

Kagame arakomereza kwiyamamariza mu Karere ka Nyamagabe ku kibuga cya Nyagasenyi mu Murenge wa Gasaka.

Muri Huye Kagame yari yaje kwakirwa n’abantu 300,000.

Taarifa iriyo irabibakurikiranira:

FPR Izaba Hafi Umuryango W’Uwazize Umuvundo W’Aho Kagame Yiyamamarije

TAGGED:featuredHuyeImpanukaKagameNyamagabe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Babukereye Ngo Bakire Kagame Uje Kwiyamamaza
Next Article Rubavu: Abarimu Babiri Ba Kaminuza Bafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukerarugendoUbukungu

Kinigi: Abaturiye Ahazagurirwa Pariki Bahawe Uburyo Bwo Kwihaza Mu Biribwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC Ntishaka Ubuhuza Bwa Thabo Mbeki 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Haganiwe Uko UNHCR Yakomeza Imikoranire N’ u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbukungu

Angola Igiye Kujya Itunganya Diyama Yose Icukura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?