Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yihanije Ububiligi Yise Agahugu Gato Kaciyemo U Rwanda Ibice
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yihanije Ububiligi Yise Agahugu Gato Kaciyemo U Rwanda Ibice

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2025 2:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye abatuye Umujyi wa Kigali ko Abanyarwanda bakwiye kumva ko ntawe ukwiye kubagenera uko babaho, aboneraho no kwihaniza Ububiligi yise agahugu gato kaciyemo u Rwanda ibice.

Ati: “ Twagize ibyago byo kuba twarakolonijwe n’agahugu gato nk’u Rwanda ndetse kagatema u Rwanda kakarucamo ibice kugira ngo rungane nako”.

Ubwo ni Ububiligi yavugaga kandi akemeza ko agomba kubwihanangiriza.

Avuga ko Ububiligi bwahemukiye u Rwanda muri byinshi mu mateka irenga imyaka 30, kandi ngo ntibwarekeye aho ahubwo bwakomeje kugira uruhare mu bibazo Abanyarwanda bahozemo.

Ibyo byose ngo u Rwanda rwarabihanije ariko ntibumva.

Yaboneye kuvuga ko abashaka kurwanya u Rwanda bibeshya kuko nubwo ngo babitangiye kera; batazabigeraho.

Avuga ko Ababiligi byageze naho banga Ambasaderi u Rwanda rwari rwabahaye, ariko avuga ko u Rwanda ruzahangana nabo kandi ngo ntizabananira u Rwanda.

Ati: “Muri iyi myaka yose tumaze turashaka kuba Abanyarwanda ntidushaka kuba Ababiligi”.

Mu kiganiro cye, Perezida Kagame avuga ko muri rusange Abanyarwanda bahora mu ntambara y’umuriro kandi ibihe barimo bigoye.

Icyakora avuga ko muri ibyo bibazo, hari abahoze bitwa inshuti z’u Rwanda barutenguha nk’uko amateka abyerekana.

Ngo hari baba bashaka ko umuntu abaho adapfuye ntakire, ngo babeho neza nk’uko n’abandi babayeho.

Kagame avuga ko Abanyarwanda bahisemo kubaho neza, kandi bazabaho batyo uko bizagenda kose.

Ati: Amateka yacu tubayemo kandi mu myaka 30 ishize arimo imibereho mibi y’igihugu cyacu nk’Abanyarwanda. Muribuka abacu twakaje. Ni na byiza ko mbivuga tugana muri uku kwezi kwacu kwa kane. Ababigizemo uruhare ndetse ruruta urwa Abanyarwanda nibo bakidukurikirana, batubuza amahwemo, ndetse banakuziza ko uva hahandi udapfuye ntukire”.

Muri ibyo byose, Kagame avuga ko Abanyarwanda babyivanamo amahoro kandi bikabikora bemye.

Avuga ko Abanyarwanda banze kandi bakwiye gukomeza kwanga gushyirwa hasi.

Yongeye kwibutsa ko intambara ya Congo atari u Rwanda rwayitangiye ahubwo icyo abayitangiye bashakaga nicyo rurwana nacyo.

Kagame avuga ko intambara ifite inkomoko iva mu mateka, aho abantu bitwa Abanyarwanda bamwe bagiye bisanga hakurya y’umupaka w’u Rwanda w’ubu bityo ko atari rwo rwabatwayeho.

Sirwo rwatumye muri Gisoro muri Uganda, Masisi, Rutshuru muri DRC n’ahandi nk’uko abivuga.

Akavuga ko iyo udahaye abantu uburenganzira bwabo, byanze bikunze baburwanira.

Yemeza ko iyo ibyo bibazo ubikuruyemo Abanyarwanda, bahangana n’ubibakuruyemo.

Akivuga ku by’Interahamwe zimaze igihe muri DRC, avuga  ari abantu bishe abantu mu Rwanda ndetse avuga ko uwitwa Gakwerere yishe abantu barimo n’abavandimwe, yishe Abanyarwanda, gusa ngo siwe wenyine kuko hari abandi baguye mu ntambara.

Kagame avuga ko abantu bavuga ko Interahamwe ari abantu bake baba bibeshya, akemeza ko uwo Gakwerere wamubaramo abantu benshi kuko ikiremereye ari ingengabitekerezo ibaranga.

Yongeye kuvuga ko nta muntu ukwiye kuza gupima uko Abanyarwanda bagomba kubaho, kuko nta burenganzira uwo ubukora aba afite.

Kagame yagarutse ku byo Perezida wa DRC yigeze kuvuga ko by’uko azatera u Rwanda, akibaza uko abantu bari bibwire ko u Rwanda rwabifata nk’aho ari imikino.

Ku by’abacanshuro, Kagame yavuze ko ubwo bazaga muri DRC u Rwanda rwavuze ko rutazabyemera ko ruzabirwanya kandi ni ko byagenze.

Kagame ariko yateguje Abanyarwanda ko bagomba kwitegura kugira ibyo bigomwa, bakizirika umukanda aho kugira ngo basuzugurwe n’ababafatira ibyemezo bita ibihano.

Avuga ko muri uko kwizirika umukanda, ari ho Abanyarwanda bazavana imbaraga zo kwerekana agaciro kabo.

 

TAGGED:AbaturageArenaCongoDRCfeaturedIntambaraInterahamweKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yatangije Ibitero Ku Nyeshyamba Zifashwa Na Iran
Next Article Zimbabwe: Abayobozi Bakuru Muri RDF Bitabiriye Inama Ya Bagenzi Babo Ba EAC-SADC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?