Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yongeye Gutsindira Kuyobora u Rwanda 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yongeye Gutsindira Kuyobora u Rwanda 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2024 2:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyatangajwe na Komisiyo y’amatora mu rwego rw’agateganyo byerekana ko Kagame Paul wari waratanzwe na FPR Inkotanyi ari we watsinze amatora n’amajwi 99.15%.

Yatowe n’abantu 7,099,810, Habineza Frank w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, DGPR [Democratic Green Party of Rwanda] yaje ari uwa kabiri n’amajwi 0.53% aho yatowe n’abantu 38,301 mu gihe Mpayimana Philippe wari umukandida wigenga afite 0.32 aho yatowe n’abantu 22,753.

Mu majwi y’Ibanze ya Komisiyo y’Igihugu y’amatora ni ay’abatoye mu Banyarwanda baba mu mahanga n’ababa mu Rwanda.

Muri rusange abatoreye mu mahanga bangana na 52.73% mu majwi amaze kubarurwa angana na 40,675.

Mu Banyarwanda batoreye mu mahanga, abatoye Kagame Paul bangana na 95.40% Frank Habineza ni 2.15% naho Philippe ni 2.45%

Mu Rwanda, mu ntara y’Amajyaruguru abatoye bangana 77.81% bangana na 1,151,970, Paul Kagame atorwa ku majwi 99.65%, bangana na 1,167,962.

Frank Habineza yatowe ku majwi angana na 0.27% bangana na 3,053.

Mpayimana Philippe yagize amajwi 0.08% bangana 935.

Aha ni mu Majyaruguru.

Mu Ntara y’Amajyepfo abatoye bose bangana na 78.57% bangana 1,615,265, Paul Kagame ahatsindira ku majwi 98.60%, Frank habineza agira 0.73% naho Mpayimana Philippe agira 0.67%.

Intara y’Uburasirazuba abatoye bose bangana 1,766799 bangana na 78.65%, Kagame ahagira amajwi 99.30% angana na 1,754,489 . Frank Habineza ni 0.64% bangana na 11,369, Mpayimana ni 0.05% banagana na 961.

Mu Ntara y’Uburengerazuba abatoye bose ni 1,607,932. Paul Kagame yagize amajwi 99.60% bangana na 1,491,447.

Habineza yahagize amajwi angana na 0.11 %angana n’abantu 1,839, Mpayimana Philippe agira amajwi 0.29% angana na 4,446.

Abatuye Umujyi wa Kigali batoye bose bangana 978,223 bangana na 83.45%, Kagame yahagize amajwi 98.59% ku bantu 966,452, Frank Habineza ni 0.96% angana n’abantu 9,433 bamutoye, Mpayimana Philippe agira 0.44% angana n’abantu 4,33 .

NEC ivuga ko izatangaza mu buryo bwa burundu ibyavuye mu matora bitarenze tariki ya 27 Nyakanga, 2024.

Muri iryo joro Kagame yahise ahura na bamwe mu bamutoye abashimira mu izina ry’abandi ku kuba bamugiriye icyizere.

Yababwiye ko iyo ari kumwe nabo atajya ashoberwa, ariko ababwira ko akazi kenshi kari imbere.

Yashimiye abaturage bamutoye
TAGGED:AmatorafeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yatonze Umurongo Nk’Abandi Baturage Bari Baje Gutora
Next Article Habineza Ati: ‘Gutsindwa Nabyakiriye’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?