Azakina Imikino Ya Nyuma Yo Guhatanira Shampiyona Ya Basket Mu Rwanda Yamenyekanye

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Ayo ni APR BBC yatsinze RSSB Tigers BBC amanota 105-78 na  Patriots BBC itsinda REG BBC amanota 83-79, bituma yombi abona itike yo gukina umukino wa nyuma w’imikino yo guhatanira igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu bagabo.

Ayo makipe yageze kuri urwo rwego nyuma yo gukina umukino wa nyuma mu yakinwe muri ½ yakinwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Kanama(8) 2026 muri Petit Stade i Remera.

Mbere y’uko agera kuri uru rwego, amakipe yombi yagiye muri iyi mikino yombi afite intsinzi buri kipe ikaba yagomba gutsinda kugira ngo ikomeze ku mukino wa nyuma.

APR BBC yatangiye umukino neza ibifashijwemo na Axel Mpoyo na Craig Randall bayitsindira amanota menshi, bitum agace ka mbere karangira irusha iyo byari bihanganye ku manota 32-17.

Mu gace ka kabiri, umukino wagerageje kwegerana ikinyuranyo kiba gito, cyane ko Tarik Bey yari yatangiye gutsindira Tigers amanota menshi.

Igice cya mbere cyarangiye ikinyuranyo cyagabanyutse, ariko APR iri imbere n’amanota 47 kuri 40 ya RSSB Tigers.

Mu gace ka gatatu, umukino wakomeje utyo ariko APR BBC iza kongera imbaraga ibifashijwemo na Craig Randall na Teafale Lenard igera ku manota 21 (80-61). Aka gace karangira APR BBC yagejejemo ikinyuranyo cy’amanota 17 ifite 80-63.

Yakomeje gusiga cyane iyo byari bihanganye binyuze muri Craig Randall, Adonis Filer na Axel Mpoyo bayitsindiraga cyane.

Mu minota ya nyuma, Tigers yavuye mu mukino bigaragara, itsindwa amanota menshi.

Umukino warangiye APR BBC yatsinze RSSB Tigers BBC amanota 105-78, yuzuza intsinzi eshatu yasabwaga ngo bituma igera ku mukino wa nyuma.

Abakinnyi ba APR BBC barushije cyane aba RSSB Tigers BBC

Ku mukino wa nyuma izahura na Patriots BBC yasezereye REG BBC iyitsinze amanota 83-79.

Umukino wa nyuma wa mbere uzakinwa ku Cyumweru, tariki ya 16, Kanama(8) 2026,  amakipe yombi akazakina imikino ishobora kugera kuri irindwi, izatanga indi kubona intsinzi enye yegukane igikombe cya Shampiyona.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *