Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Abaturage Basabye Ubuyobozi Kubuza Imodoka Ziremereye Guca Ku Kiraro Biyubakiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Kamonyi: Abaturage Basabye Ubuyobozi Kubuza Imodoka Ziremereye Guca Ku Kiraro Biyubakiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2022 9:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo, abaturiye ikiraro gisanzwe gihuza Umurenge wa Rugalika n’Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi baherutse guhuza amaboko batinda ikiraro cyari giherutse gusenywa n’imvura. Basaba ubuyobozi bw’Akarere gukorana na Polisi bakabuza imodoka ziremereye kugica hejuru kugira ngo kidasenyuka kidateye kabiri.

Ubuyobozi bw’Akarere bwabwiye ikinyamakuru Intyoza ko mbere yo gufata umwanzuro kuri iki cyifuzo, itsinda ry’abakozi b’aka Karere rizajya kureba aho icyo kiraro cyubatse hanyuma hakazasuzumwa icyakorwa ariko k’ubwumvikane n’abaturage.

Kiriya kiraro cyasenyutse kuwa 25 Gashyantare 2022  kubera imvura yateje umuvu uremereye uragisenya.

Gisanzwe gihuza Umurenge wa Runda n’Umurenge wa Rugalika uvuye ahitwa  Bishenyi werekeza i Kigese.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni ahantu haba urujya n’uruza mu byerekezo byombi kandi gusenyuka kwacyo kwatumye ibyerekezo byombi bihagarara.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugalika witwa Marthe Umugiraneza yabwiye Taarifa ko gusenyuka kwa kiriya kiraro kwahagaritse ibikorwa byinshi by’ubukungu bisanzwe bitunze abaturage ba Rugalika na Runda.

Ati: “ Kiriya kiraro tukinjiraho tujya muri Runda. Hari ibigo by’amashuri abana bajya kwigaho, ibigo nderabuzima abaturage bakwirizaho, abatuye Akagari ka Kigese bacyambuka bajya cyangwa bava kurema isoko ryo kwa Mutangana i Kigali bityo rero birumvikana ko gusenyuka kwacyo byatugizeho ingaruka.”

Gitifu

Ikindi ngo ni uko hari imodoka zimanukana amabuye y’urugarika ava muri uriya Murenge ndetse n’ibisheke bijyanwa ku ruganda rwa Kabuye.

Gusenyuka kwa kiriya kiraro rero ngo byari ikibazo gikomeye k’ubuhahirane bw’Imirenge ya Runda na Rugalika muri Kamonyi ndetse n’ubuhahirane bw’aka Karere n’aka Nyarugenge ku ruhande rw’Umujyi.

- Advertisement -

Taarifa yamubajije niba icyifuzo cy’abaturage cy’uko amakamyo atagombye guca kuri kiriya kiraro gifite ishingiro, Marthe Umugiraneza avuga ko ishingiro ryabyo rihari kuko ngo ni ikiraro kidafite ubushobozi bwo guterura toni nyinshi.

Ni ikiraro gisanzwe gihuza imirenge ibiri nayo kaba isanzwe ihahirana n’Umujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge

Avuga ko imodoka nto zishobora kuhaca ariko ko imodoka ziremereye zo zihaciye zishobora kuhangiza.

Umugiraneza avuga ko bavuganye n’ubuyobozi bw’Akarere bubemerera bumerera kubaha inkunga yatumye kiriya kiraro cyubakwa ariko n’abaturage b’Imirenge yombi batanze Miliyoni 3 Frw yo gufasha mu cyubaka.

Bitaganyijwe ko hari itsinda rizoherezwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi kugira ngo rijye gusuzuma toni kiriya kiraro gishobora kwikorera bityo hashyirweho icyapa cyerekana ibilo imodoka izagicaho itagomba kuba irengeje.

Abaturage bo bifuza ko amakamyo bita HOHO( ni amakamyo akorwa n’Uruganda rw’Abashinwa rwitwa Sonutruck) ndetse na za FUSO( ni amakamyo  akorwa n’uruganda rw’Abayapani rwitwa Mitsubishi Fuso Truck and Bus Corporation) atazaca kuri kiraro kuko yagisenya.

Umunyamakuru wa Intyoza wageze aho kiraro cyubatse avuga ko iyo ucyitegereje ubona ko uruhande rwo ku Murenge wa Rugalika rusa nk’urukomeye kandi hisumbuyeho kuba harehare mu butambike, mu gihe ku ruhande rwo ku Murenge wa  Runda ari hagufi(mu burebure) kandi bigaragara ko horoshye, cyane ko hegereye ahahinze umuceri.

Iyi ngo ni imwe mu mpamvu kiriya kiraro cyagombye kurindwa imodoka nini kandi zipakiye ibiremereye.

TAGGED:AbaturagefeaturedIkamyoIkiraroKamonyiRugalikaRundaUmunyamabanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Ari Muri Kenya Gusinya Inyandiko Yemerera Igihugu Cye Kujya Muri EAC
Next Article Akamaro K’Amasaka Si Intungamubiri Gusa, Yarokoye N’Abatutsi Muri Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?