Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Batanu Bapfiriye Mu Kirombe Bazize Gazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Batanu Bapfiriye Mu Kirombe Bazize Gazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 May 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi hapfiriye abaturage batanu bazize Gazi yabatunguye ubwo bari bagiye gukamya amazi yari yaretse mu kirombe cy’amabuye y’agaciro kugira ngo cyongere gikoreshwe.

Iki kirombe giherereye mu Mudugudu wa Gatwa, Akagari ka Kazirabonde, Umurenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi.

Umukuru mu bakiguyemo yari afite imyaka 36 y’amavuko, umuto afite imyaka 22 y’amavuko.

Abandi benshi bagizweho ingaruka niyo gazi ni Manishimwe Claude w’imyaka 24, Dusengimana Emmanuel w’imyaka 24, Kwizera Longin w’imyaka 28, Niyigena Sylvain w’imyaka 25 na Hakizimana Emile w’imyaka 46 y’amavuko, bakaba boherejwe ku bitaro bya Remera-Rukoma  ngo bitabweho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri abo bagizweho ingaruka na kiriya kirombe harimo aboherejwe ku kigo nderabuzima cya Karangara mu Murenge wa Ngomba ngo abe ari ho baherwa ubufasha.

Abishwe nacyo bari basanzwe ari abakozi ba Koperative ya COMIKA icukura amabuye muri uwo Murenge.

Ubwo bageragezaga gukora amazi yari yaretse muri kiriya kirombe nibwo bagize ibyago moteri yabafashaga kubona umwuka wo guhumeka yahagaraye, gazi ibabana nyinshi babura ubuhumekero bitewe n’intera bari bamaze kwinjiramo.

Batanu bahise bahasiga ubuzima, abandi bamererwa nabi.

Moteri yari bubafashe mu gukuramo ayo mazi.

- Advertisement -

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba, Epimaque Munyakazi, yavuze ko aba bakozi bamanutse bagiye kuvoma amazi yari yaretse mu kirombe cy’amabuye y’agaciro hanyuma moteri ikabazimiraho bikarangira Gazi ibarushije imbaraga.

Yabwiye UMUSEKE ati: “Nibyo abakozi binjiye mu kirombe bafite moteri yo gukogota amazi yari yinjiyemo nyuma iza kubazimiraho bafatwa na Gazi. Batanu ubu bamaze kwitaba Imana abandi batanu ubu boherejwe ku Bitaro bya Remera-Rukoma kwitabwaho.”

Yakomeje asaba ibigo bikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro gushaka inzobere zizajya zifasha abaturage kumenya uburyo bwo gucukura.

Abapfuye bari barimo n’abafite imiryango, tukaba tugikurikirana ngo tumenye igihe cyo kubashyingura.

TAGGED:AbaturagefeaturedGucukuraIkirombeKamonyiNgamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Yapfiriye Mu Cyumba Cy’Amasengesho
Next Article Guverinoma Y’u Rwanda Yamaganye Ibyo Uburundi Buyishinja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?