Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Batanu Bapfiriye Mu Kirombe Bazize Gazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Batanu Bapfiriye Mu Kirombe Bazize Gazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 May 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi hapfiriye abaturage batanu bazize Gazi yabatunguye ubwo bari bagiye gukamya amazi yari yaretse mu kirombe cy’amabuye y’agaciro kugira ngo cyongere gikoreshwe.

Iki kirombe giherereye mu Mudugudu wa Gatwa, Akagari ka Kazirabonde, Umurenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi.

Umukuru mu bakiguyemo yari afite imyaka 36 y’amavuko, umuto afite imyaka 22 y’amavuko.

Abandi benshi bagizweho ingaruka niyo gazi ni Manishimwe Claude w’imyaka 24, Dusengimana Emmanuel w’imyaka 24, Kwizera Longin w’imyaka 28, Niyigena Sylvain w’imyaka 25 na Hakizimana Emile w’imyaka 46 y’amavuko, bakaba boherejwe ku bitaro bya Remera-Rukoma  ngo bitabweho.

Muri abo bagizweho ingaruka na kiriya kirombe harimo aboherejwe ku kigo nderabuzima cya Karangara mu Murenge wa Ngomba ngo abe ari ho baherwa ubufasha.

Abishwe nacyo bari basanzwe ari abakozi ba Koperative ya COMIKA icukura amabuye muri uwo Murenge.

Ubwo bageragezaga gukora amazi yari yaretse muri kiriya kirombe nibwo bagize ibyago moteri yabafashaga kubona umwuka wo guhumeka yahagaraye, gazi ibabana nyinshi babura ubuhumekero bitewe n’intera bari bamaze kwinjiramo.

Batanu bahise bahasiga ubuzima, abandi bamererwa nabi.

Moteri yari bubafashe mu gukuramo ayo mazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba, Epimaque Munyakazi, yavuze ko aba bakozi bamanutse bagiye kuvoma amazi yari yaretse mu kirombe cy’amabuye y’agaciro hanyuma moteri ikabazimiraho bikarangira Gazi ibarushije imbaraga.

Yabwiye UMUSEKE ati: “Nibyo abakozi binjiye mu kirombe bafite moteri yo gukogota amazi yari yinjiyemo nyuma iza kubazimiraho bafatwa na Gazi. Batanu ubu bamaze kwitaba Imana abandi batanu ubu boherejwe ku Bitaro bya Remera-Rukoma kwitabwaho.”

Yakomeje asaba ibigo bikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro gushaka inzobere zizajya zifasha abaturage kumenya uburyo bwo gucukura.

Abapfuye bari barimo n’abafite imiryango, tukaba tugikurikirana ngo tumenye igihe cyo kubashyingura.

TAGGED:AbaturagefeaturedGucukuraIkirombeKamonyiNgamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Yapfiriye Mu Cyumba Cy’Amasengesho
Next Article Guverinoma Y’u Rwanda Yamaganye Ibyo Uburundi Buyishinja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?