Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Haravugwa Umugabo Wishe Umugore We Amunize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Kamonyi: Haravugwa Umugabo Wishe Umugore We Amunize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2024 4:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iki kiraro kiri mu masangano ya Nyarugenge na Kamonyi
SHARE

Hakizimana Célestin wo mu Karere ka Kamonyi aravugwaho kuniga umugore we Nyirantiyiremye Donatha akamwica. Bombi bafite imyaka 45 y’amavuko.

Ibi byaha bivugwa ko byabaye mu Mudugudu wa Giheta, Akagari ka Cyambwe mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi.

N’ubwo ari uko bivugwa ko byagenze, ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi witwa Dr. Nahayo Sylvère yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko ku rutonde rw’abaturage bafitanye amakimbirane n’abo bashakanye, umuryango w’uriya mugabo utari urimo.

Ati: “Ntabwo bari basanganywe amakimbirane kuko no ku rutonde rw’abo dufite abo bataruriho.”

Gusa bisa n’aho hari amakuru ubuyobozi butari bubafiteho kubera ko abaturage bo bavuga ko uriya muryango wari ufitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo.

Bavuga ko no ku wa Kane w’Icyumweru gishize, umugabo yaje yitotomba kugera ubwo atemye amateke, ashaka ko umugore agira icyo abivugaho ariko undi aricecekera.

Dr.Nahayo yasabye abaturage ko bajya birinda amakimbirane.

Ati: “Buri muturage agomba kuba ijisho rya mugenzi we, ahubwo bakajya bihutira gutangira amakuru ku gihe y’ahavugwa ibibazo by’ubwimvikane buke.”

Ukekwaho iki cyaha acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Musambira.

Umurambo w’umugore wajyanywe mu bitaro bya Polisi ku Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma.

TAGGED:featuredKamonyiKunigaMeyaNahayoUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Basaba Ko Inguzanyo Baka Banki Zajya Zihutishwa
Next Article Papa Yashimangiye Ko Guha Umugisha Ababana Bahuje Ibitsina Bifite Ishingiro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?