Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 May 2025 10:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Antoine Cardinal Kambanda
SHARE

Arkiyepiskopi wa Kigali akaba na Perezida w’Inama y’Abepiskopi mu Rwanda, Antoine Cardinal Kambanda avuga ko nubwo yatunguwe no kumva ko ahitwa kwa Yezu Nyirimpuhwe hafunzwe, ku rundi ruhande, ari icyemezo cyabanje gutekerezwaho.

Ingoro yiswe kwa  Yezu Nyirimpuhwe iri mu Karere ka Ruhango kandi Tariki 17, Gicurasi, 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwanzuye ko ibikorwa byo gusenga aho hantu biba  bihagaritswe ‘by’agateganyo’.

Mu kumenyesha Musenyeri wa Diyoseze ya Kabgayi iby’iki cyemezo, RGB yavuze koyasanze aho hantu hatujuje ibisabwa ngo habe hari umutekano n’ituze.

Musenyeri wa Diyoseze ya Kabgayi yitwa Dr. Balthazar Ntivuguruzwa.

Muri Mata, 2025 hari isuzumwa ryakozwe na RGB ku bitabiriye amasengesho yari yahabereye, risanga ubwinshi bw’abahasengera bwarahateje umuvundo watumye hari n’abahakomerekera.

Kuri Televiziyo ya Kiliziya Gatulika ishami ry’u Rwanda yitwa Pacis TV, Cardinal Kambanda yavuze ko  amakuru y’ifungwa ryo kwa Yezu Nyirimpuhwe yayamenye amutunguye kuko yayamenye avuye mu ndege.

Hari nyuma yo kwitabira umuhango wo gutora Papa Lewo XIV.

Gusa avuga ko nubwo yatunguwe, yaje gusanga cyarafatanywe ubushishozi bwo kwirinda ko hari abantu bazahagwa cyangwa bakahakomerekera.

Yabwiye Pacis TV ati: “Nabibonye mfunguye telefoni mvuye mu ndege.  Ntabwo ndamenya ibyo ari byo nkeneye kumva ababikurikiranye, nkeneye kumva icyabaye. Bavuga ko habaye impanuka, bikenewe ko habanza kurebwa umutekano w’abahateranira”.

Yemeza ko umutekano ahantu nka hariya ari ngombwa, akemeza ko gusenga ubwabyo ntawe byateza ikibazo ariko ko bigomba gukorwa mu mutekano usesuye.

Kambanda yunze mo ku akenshi kuba hari abantu bateranira bagasengera ahantu hadatekanye biterwa n’ubujiji.

Atanga urugero rw’uko ibintu bijya gufata intera biri ho muri iki gihe, byatangiriye ku bajyaga gusengera mu buvumo, akameza ko Abakirisitu bakeneye kujijukirwa n’ibyo gusenga ari byo mu by’ukuri.

Kwa Yezu Nyirimpuhwe hasurwa cyane n’abemera barenga ibihumbi 80 buri kwezi, hafatwa nk’ahantu hera kandi abahasengeye bemeza ko baje gukira  indwara z’uburyo bwinshi.

TAGGED:featuredGusengaIkiganiroImbabaziKambandaKwa Yezu NyirimpuhwePapaUbujiji
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa
Next Article Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Body Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Yatemye Ushinzwe Umutekano Baramurasa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?