Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kanye West Yahuje Ikirango Cy’Abanazi N’Ikirango Cy’Abayahudi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Kanye West Yahuje Ikirango Cy’Abanazi N’Ikirango Cy’Abayahudi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2022 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gukomeza kwerekana ko atishimira Abayahudi, Kanye West( ubu yiswe Ye) yafashe ikirango cy’Abanazi bita Swastika agiseseka mu kirango cy’Abayahudi ari cyo ‘Inyenyeri ya Dawidi’.

Ye yahise ashyira kuri Twitter iyo foto, birongera biteza umwuka mubi kuri uru rubuga.
Nyirarwo witwa Elon Musk yahise amubwira ko ibyo akoze, arengereye, ko guhuza biriya bintu byombi, ubundi ari sakirirego.

Kanye West yamubajije uwamugize umucamanza, undi amusubiza ko ibyo ari kumubwira atari ukumucira urubanza, ahubwo ari ukumuhana nk’umuvandimwe.

Icyakora byaje kurangira Musk ategetse ko Kanye yongera akavanwa kuri Twitter.

Mbere y’uko ibintu bigera aho, Kanye yari yabanje kubwira abanyamakuru ko burya yikundira Adolf Hitler ndetse ngo hari byinshi amushima.

Inyenyeri ya Dawidi iba mu ibendera rya Israel. Ni ikirango cy’umusekuruzawabo Dawidi

Avuga ko abantu batagombye guhora banenga Abanazi nk’aho batari abantu nk’abandi.

Umunyamakuru  witwa Jones yabwiye Ye ko Abanazi  bakoze ibintu bibi, ko kubashimagiza bidakwiye, undi amusubiza ko hari n’ibyiza bakoze.

Abayahudi barakaye…

Norm Coleman yavuze ko Kanye West amaze kurenga ihaniro

Nyuma y’ibi, abayobozi bakuru b’Umuryango w’Abayahudi baba muri Amerika witwa Republican Jewish Coalition batangaje ko noneho Ye ‘yarenze imbibi.’.

Ngo kuba yerura agashimagiza Hitler ndetse agahuza ikirango z’Abanazi n’inyenyeri ya Dawidi ari ikimenyetso cy’urwango rukomeye afitiye Abayahudi, kandi ibyo yakoze bikwiye kwamaganwa.

Twibuke ko Abanazi bari bagize ishyaka rya Adolf Hitler ryakoreye Abayahudi Jenoside yahitanye abageri kuri Miliyoni esheshatu mu Burayi bwose.

Ikirango cy’Abanazi bita Swastika
TAGGED:AbanaziAbayahudifeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UN Yatanze Impuruza Kuri Jenoside Ishoboka Muri DRC
Next Article Perezida Ramaphosa Arateganya Kwegura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?