Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kanye West Yangiwe Gukandagira Kwa Sebukwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Kanye West Yangiwe Gukandagira Kwa Sebukwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2023 10:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuraperi Kanye West yakomanyirijwe gukandagira muri Australie aho umugore ‘mushya’ akomoka.

Mu Cyumweru gitaha yari ahafite urugendo rwo kujya gusura abo kwa Sebukwe, bakamubona bakaganira.

Ubuyobozi bw’i Canberra bwatangaje ko uriya muraperi butazamera ko abukandagirira ku butaka kubera ko ngo amagambo yavuze mu mwaka wa 2022 yibasira Abayahudi akomeye k’uburyo kumwemerera kujyayo byasa no kumushyigikira.

Kanye aherutse gushakana rwihishwa n’umugore witwa Bianca Censori wakuriye i  Melbourne.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku ruhande rwa Guverinoma ya Australia, Minisitiri w’uburezi niwe watangaje ko badashaka ko Kanye West abakandagirira ku butaka.

Ni Minisitiri Jason Clare.

Yavuze ko kuba Kanye yaravuze ko hari imico ya Hitler akunda kandi akaba yarongeyeho ko ibibi byinshi biri mu isi bikururwa n’Abayahudi, ari ingingo zihagije zituma atagomba gukundagira i Canberra.

Si abo muri Guverinoma ya Australia bavuga ko uriya muraperi atagomba kugera muri kiriya gihugu gusa kuko n’ukuriye abatavuga rumwe nayo nabo ari uko babibona.

Bayobowe na Peter Dutton.

- Advertisement -

Dutton yavuze ko Kanye ari umuntu w’imico mibi, udakwiye guhabwa karibu aho ari ho hose.

Abayahudi bo muri Australia bashimye icyemezo cya Guverinoma ya kiriya gihugu cyo gukumira ko Kanye West ahakandagira.

TAGGED:AbayahudiAustraliaKanyeSebukweUmugoreUmuraperi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Guma Mu Rugo’ Mu Murwa Mukuru Wa Koreya Ya Ruguru
Next Article Rubavu: Buri Mushumba W’Inka Agiye Guhabwa Ikarita Imuranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Rihanna Yapfushije Se

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Frank Joe Mu Gahinda Ko Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Karongi: Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batemanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?