Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kardashian Yamaganye Guhohotera Abimukira Mu Gihugu Cye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbyamamareImyidagaduro

Kardashian Yamaganye Guhohotera Abimukira Mu Gihugu Cye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2025 7:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamideli w’icyamamare uri mu bakomeye kurusha ahandi, Kim Kardashian, yamaganye ibyo gufata no kwirukana abimukira batagira ibyangombwa muri Los Angeles biri gukorwa n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (ICE), agaragaza ko uburyo bari gufatwamo ari ubugome.

Ibyo avuga biri gukorerwa muri Leta ya California.

Ku rubuga rwe rwa Instagram akurikinwarwaho n’abarenga abarenga miliyoni 350 niho yatangarije ibyo kwamagana no kurwanya abo bantu.

Yanenze uburyo ICE irimo kwirukana abimukira ikoresheje “ubugome budakwiriye abantu”.

Avuga ko hari uburyo bwiza bushoboka bwo guhangana n’ikibazo cy’abimukira bitabaye ngombwa ko babakorera ibya mfura mbi.

Kim Kardashian ati: “Kuba ICE [ikigo gishinzwe abamukira] ishinzwe kurinda abaturage no kwirukana abanyabyaha ni byiza ariko iyo tubonye abantu bakora batikoresheje, bajyanwa batandukanye n’imiryango yabo nk’aho ari abicanyi, tugomba kuvuga. Tugomba gukora ikiri cyo”.

Avuga ko yakuriye muri  Los Angeles kandi abanye  neza n’abandi.

Icyo gihe abo bantu babanaga n’umuryango we bari abantu beza b’ inshuti, abaturanyi basangiye n’abandi ubuzima bw’aho hantu.

Ati: “…Twese tugomba kuvuga igihe uburenganzira bwabo buhohoterwa.”

Guhera mu Cyumweru gishize, Perezida Trump yatangiye uburyo bwo kwirukana abantu baba muri California batabifitiye uburenganzira, ikintu atumvikanyeho na Guverineri wayo witwa Gavin Newsom.

Amaze kubona ko bikomeye, yoherejeyo  abasirikare benshi ngo bafashe Polisi y’aho muri icyo gikorwa ariko kugeza n’ubu ntikirahosha ahubwo cyadutse no mu yindi mijyi  na za Leta zindi zigize Amerika.

TAGGED:AbimukiraKardashianKimKwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Ubuyobozi Bwagejeje Umukecuru Kwa Muganga Ntibwishyura Imiti
Next Article Iraq: Amerika Igiye Gucyura Abayikorera Muri Ambasade Yayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImikinoMu Rwanda

Icyamamare Kawhi Perezida Kagame Yemereye Kuba Mu Rwanda Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?