Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Avugwaho Gutera Igisongo Mu Gitsina Cy’Umugore ‘Wanze’ Ko Baryamana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Avugwaho Gutera Igisongo Mu Gitsina Cy’Umugore ‘Wanze’ Ko Baryamana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2022 11:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Bubazi mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi haravugwa inkuru y’umugabo w’iyaka 58 wateye igisongo umugore mu gitsina amuziza ko yanze ko ‘baryamana.’

Amakuru avuga ko byabaye Taliki 27, Nzeri, 2022, ni ukuvuga ku wa Kabiri ariko biza kuba kimomo mu minsi yakurikiyeho.

Ikivugwa kandi ni uko umugabo uvugwaho gukora biriya yari amaze iminsi mike afunguwe kubera uruhare yari yaragize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akarekurwa arangije igihano.

Ngo yasanze umugore ahantu yari amusaba ko amuha ‘ku myaka’, undi amusubiza ko atumvise iyo myaka iyo ari yo, undi amubwira adaciye ku ruhande ko ashaka ko baryamana.

Uwo mugore yaramuhakaniye undi arataha, ariko agenda akubira agatoki ku kandi.

Yageze iwe ashaka igisongo nibwo yazaga agitera uwo mugore mu gitsina.

Abaturanye n’uyu mugabo mu Mudugudu wa Remera mu Kagari ka Gacaca, bavuze ko no mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi yasambanyaga abagore ku ngufu akanabatera ibisongo mu gitsina.

Hari amakuru avuga  ko no muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uriya mugabo  yasambanyaga abagore akabatera n’ibisongo mu gitsina.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bubazi, Mudaheranwa Emmanuel avuga ko uwo mugabo asanzwe afite imyitwarire mibi.

Ikindi ni uko uriya mugabo ataramara imyaka ibiri afunguwe.

Umugore watewe kiriya gisongo ubwo twandikaga iyi nkuru yari arwariye mu bitaro bya Kibuye n’aho uwo mugabo afungiye kuri RIB Station ya Rubengera.

TAGGED:featuredIgitsinaKarongiUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burkina Faso: Hafi Y’Ibiro By’Umukuru W’Igihugu ‘Nanone’ Humvikanye Amasasu
Next Article Perezida Kagame Yaganiriye Na Madamu Halimah Yacob Uyobora Singapore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?