Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi- Bisesero: Icyayi Cyasimbuye Amashyamba Ku Misozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Karongi- Bisesero: Icyayi Cyasimbuye Amashyamba Ku Misozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 May 2022 2:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Bisesero, Umurenge wa  mu Karere ka Karongi hatangijwe ubuhinzi bw’icyayi hagamijwe ko abahinzi bazabona amafaranga ku mwero wacyo.

Abasanzwe bahatuye babwiye RBA ducyesha iyi nkuru ko n’ubwo imisozi y’aho yari iteyemo amashyamba menshi mbere, ariko ngo yari ay’abantu ku giti cyabo, bityo ntagirire benshi akamaro.

Icyakora iyo urebye usanga abaturage bakiri mu itera, abandi bacye baratangiye ibagara.

Akagari ka Bisesero gaherereye mu Murenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi Mukarutesi Vestine nawe yunga mu ry’abaturage akavuga ko buriya buhinzi buzafasha abaturage kubona amafaranga ku mwero wacyo.

Kugeza ubu Hegitari 100 nizo zihingwaho kiriya cyayi. Ziri ku butaka bwahujwe ariko bwahoze ari ubw’imiryango 126 y’abari batuye mu Bisesero.

Si muri Rwankuba honyine hahinze icyayi mu Karere ka Karongi, ahubwo no mu Mirenge ya Rugabano, Twumba n’indi mirenge n’aho kirayahahinze.

Hari n’uruganda rwa Gisovu rutunganya icyayi, rwubatse hafi aho.

Icyayi mu Rwanda

Icyayi (izina ry’ubumenyi mu Kilatini: Camellia sinensis) ni ikimera.

Iyo kinywewe gitera umubiri imbaraga kandi hari byinshi cyungura ubuzima nko gutuza no kuruhuka.

Aho kugira ngo ugishyiremo isukari, ubaye ubishoboye washyiramo ubuki.

Cyatangiye kuba igihingwa ngengabukungu bw’u Rwanda guhera mu mwaka wa 1960, habura imyaka ibiri ngo u Rwanda rubone ‘ubwigenge.’

Icyakora mu mwaka wa 1965 nibwo imifuka ya mbere y’icyayi yoherejwe mu mahanga ngo ayigure.

Byarakomeje kugeza n’ubu.

Icyayi ni ikinyobwa ngengabukungu kiri mu byinjiriza u Rwanda amadovize menshi.

Ikibabaje ariko ni uko abenshi mu Banyarwanda bagihinga kibavunnye atari bo bakinywa.

Umusaruro mwinshi ujyanwa mu mahanga ukazazana amadovize, uwagihinze ntakinywe kandi hakaba n’ubwo amafaranga yakoreye atayabona yose cyangwa ngo ayabonere igihe.

Kuva cyatangira guhingwa mu Rwanda, umusaruro wacyo uriyongera.

Mu mwaka wa 1958 wari toni 60, mu mwaka wa 1990 uba toni 1,900, mu mwaka wa 2000 uba toni 14,500 mu mwaka umwe wakurikiyeho umusaruro uba toni 17,800.

Hejuru ya 90% z’uyu musaro wose ugurishwa mu mahanga.

Icyayi gihingwa mu mabanga y’imisozi miremire ku butumburuke buri hagati ya m 1,900 na m 2,500.

Gihingwa no mu bibaya byumukije neza k’ubutumburuke buri hagati ya m 1,550 na m 1,800. Icyayi gihingwa mu turere 11.

Kugeza ubu cyari gisanzwe gihinzwe  ku buso bwa ha 12,500 mu Majyaruguru, i Burengerazuba no mu Ntara y’Amajyepfo.

Kugira ngo kitangirika bakigisoroma, ni ngombwa ko hafi yacyo hubakwa uruganda rugitunganya.

 

TAGGED:AmadevizeAmashyamba IgihingwaBiseserofeaturedIcyayiKarongiUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Bashima Urukundo Abisilamu Bagaragariza Abandi
Next Article Kigali:Uko Byifashe Ahagiye Kubera Ikiganiro Gihuza Ramos N’Abanyamakuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?