Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: DASSO Y’Umukobwa Iravugwaho Kuniga Nyirakuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: DASSO Y’Umukobwa Iravugwaho Kuniga Nyirakuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2021 11:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abatuye Kigali ntibizera DASSO
SHARE

Ku wa Kane tariki 7, Mutarama, 2021 umwe mu bakozi b’Urwego rushinzwe gufasha mu gucunga umutekano ku karere( DASSO) wakuze abaturanyi bamwita Batamuriza ariko witwa Florence Muhimpundu bivugwa ko yafashe moto asanga Nyirakuru witwa Verediyana mu Mudugudu wa Rugogo, Akagari ka Byogo, Umurenge wa Mutuntu aramuniga amusaba kumuzingura ngo abone urubyaro.

Amakuru dufite avuga ko Batamuriza atarashaka. Ikindi twamenye ni uko uriya mukecuru yareze Batamuriza nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Abaduha amakuru bagize bati: “ Yafashe Moto araza ajya kwa Nyirakuru wamureze nyuma ya Jenoside amusanga mu Mudugudu wa Rugogo, mu Kagari ka Byogo muri Mutuntu aramubwira ngo namukure aho yamushyize, ngo yabuze ibyara.”

Batubwiye ko yamusingiriye, aramuniga, umukecuru Verediyana aratabaza abaturanyi baratabara.

Nyuma Batamuriza[kuko ari ryo abaturage bazi cyane]  yuriye moto asubira ku Karere ka Karongi.

Bukeye ubuyobozi bw’Akagari buyobowe na Nyiranzabahimana Pelagie bwahuye n’abaturage bahana amakuru ku byabaye kwa Verediyana bakora raporo bayigeza kuri RIB ikorera hafi aho.

Nyuma yo gukora inyandiko mvugo y’ibyabaye abaturage bageze aho ruriya rugomo rwabereye barasinye, inyandiko igezwa mu bugenzacyaha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Byogo Madamu Pelagie Nyiranzabahimana  yabwiye Taarifa ko ayo makuru ayazi, tumubajije niba hari icyo yabitubwiraho, yahise akupa telefoni.

Twongeye kumuhamagara ntiyayifata.

Umuhuzabikorwa wa DASSO ku rwego rw’Akarere ka Karongi Bwana Emmanuel Nzamurambaho yabwiye Taarifa  ko urwo rugomo ntarwabaye.

Ati: “ Uwaguhaye ayo makuru yakubeshye ntabyabaye. Ujye kubibaza Meya.”

Hari undi muyobozi w’urwego rw’ibanze muri Karongi twabajije niba ayo makuru ayazi, ati: “ Barongeye nanone se? Naherukaga ibyo ku wa Kane, nari ngize ngo barongeye! Baba baduhesha amanota mabi.”

TAGGED:BatamurizaDASSOfeaturedKarongiMutuntu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Clarisse Karasira yambitswe impeta n’umuntu ‘utazwi’
Next Article Yashinze ubuhumbikiro bwa Macadamia, mu myaka 5 azaba afite uruganda ruzitunganya
1 Comment
  • Kasali says:
    10 January 2021 at 10:58 am

    Ariko se kuvuga ni ugutaruka. Iyi ni inkuru koko! Kuniga ukuntu bigaragarira he cg ikibazo umwanditsi afite ni Dasso !? Aho bigeze nimushyire urwego hasi niba munakorana na adui muzajye mu ishyamba tubimenye. Nawe se mwirwa mwiruka kuri uru rwego mwandika ubusa mwambuze naho batworoje ngo mubyandike nubwo mudashinzwe kubamamaza!?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?