Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Yakoresheje Umugozi Ngo Yiyahure Uracika, Anywa Aside Ntiyapfa…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Yakoresheje Umugozi Ngo Yiyahure Uracika, Anywa Aside Ntiyapfa…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2022 10:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Nyakamira, Umurenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi haravugwa umusore wiyahuye akoresheje umugozi biranga, abonye byanze ashaka umuti wica bita aside arawunywa ariko ntiyapfa. Umuturage utuye hafi aho yabwiye Taarifa ko uwo musore yabonye ko nabyo byanze, ashaka essence aritwika ariko nabwo abantu baramuzimya ntiyapfa.

Ubu arwariye kuri centre de santé ya Musango mu Kagari ka Nyakamira ari n’aho iwabo batuye.

Twamenye ko Se yitwa Ananias kandi yari asanzwe afite na Nyina.

Uwaduhaye amakuru avuga ko uyu musore yari afite igikorwa cyo gusezerana n’umukunzi we kuri uyu wa Gatanu Taliki 09, Nzeri, 2022.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyakora gitifu w’Umurenge yaje kwimura umunsi wo gusezeranya, awushyira kuri uyu wa Kane, Taliki 08, Nzeri, 2022.

Umukobwa bari busezerane ngo yatunguwe no kumva inkuru y’ibyabaye ku mukunzi we, yumva akubiswe n’inkuba!

Byabereye mu Kagari ka Nyakamira, Umurenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi

Twabajije aho imbaraga zo kubyuka zavuye kandi yari amaze kunywa aside, umuturage atubwira ko hari abamutesheje  ariko ntiyanyurwa ashaka essence ngo yitwike birangire nabyo ntiyashya ngo apfe, ubu ari kwa muganga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakamira aho byabereye witwa Fidel Dusabimana avuga ko ayo makuru yayumvise ariko akiyakusanya, ko nta byinshi yabitubwiraho.

Ndetse ngo yahamagaye n’uvugwaho gukora ibyo, aramwitaba ariko nta byinshi yamubwiye kuko yari amerewe nabi.

- Advertisement -

Icyakora ngo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Taliki 09, Nzeri, 2022 yamuhamagaye yumva telefoni ye nticamo.

Dusabimana ati: “ Aya makuru turacyayashakisha ariko byarabaye kuko hari abampamagaye babimbwira.”

Icyo abantu batubwiye ko gishobora kuba cyateye uriya musore gushaka kwiyahura, ngo ni ibyo abakobwa yabenze yabaririye amafaranga baba bamuterereje.

Ibi ariko ni ibivugwa n’abaturage kuko nta cyemezo gitanzwe n’abahanga kirabitangwaho.

TAGGED:featuredGitifuKarongiKwiyahuraUmugozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Myaka 40, Abaganga 270 B’Abashinwa Batanze Ubuvuzi Ku Banyarwanda
Next Article Igikomangoma Charles Yahawe Izina Ry’Ubwami Rya Charles III
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?