Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Yakoresheje Umugozi Ngo Yiyahure Uracika, Anywa Aside Ntiyapfa…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Yakoresheje Umugozi Ngo Yiyahure Uracika, Anywa Aside Ntiyapfa…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2022 10:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Nyakamira, Umurenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi haravugwa umusore wiyahuye akoresheje umugozi biranga, abonye byanze ashaka umuti wica bita aside arawunywa ariko ntiyapfa. Umuturage utuye hafi aho yabwiye Taarifa ko uwo musore yabonye ko nabyo byanze, ashaka essence aritwika ariko nabwo abantu baramuzimya ntiyapfa.

Ubu arwariye kuri centre de santé ya Musango mu Kagari ka Nyakamira ari n’aho iwabo batuye.

Twamenye ko Se yitwa Ananias kandi yari asanzwe afite na Nyina.

Uwaduhaye amakuru avuga ko uyu musore yari afite igikorwa cyo gusezerana n’umukunzi we kuri uyu wa Gatanu Taliki 09, Nzeri, 2022.

Icyakora gitifu w’Umurenge yaje kwimura umunsi wo gusezeranya, awushyira kuri uyu wa Kane, Taliki 08, Nzeri, 2022.

Umukobwa bari busezerane ngo yatunguwe no kumva inkuru y’ibyabaye ku mukunzi we, yumva akubiswe n’inkuba!

Byabereye mu Kagari ka Nyakamira, Umurenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi

Twabajije aho imbaraga zo kubyuka zavuye kandi yari amaze kunywa aside, umuturage atubwira ko hari abamutesheje  ariko ntiyanyurwa ashaka essence ngo yitwike birangire nabyo ntiyashya ngo apfe, ubu ari kwa muganga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakamira aho byabereye witwa Fidel Dusabimana avuga ko ayo makuru yayumvise ariko akiyakusanya, ko nta byinshi yabitubwiraho.

Ndetse ngo yahamagaye n’uvugwaho gukora ibyo, aramwitaba ariko nta byinshi yamubwiye kuko yari amerewe nabi.

Icyakora ngo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Taliki 09, Nzeri, 2022 yamuhamagaye yumva telefoni ye nticamo.

Dusabimana ati: “ Aya makuru turacyayashakisha ariko byarabaye kuko hari abampamagaye babimbwira.”

Icyo abantu batubwiye ko gishobora kuba cyateye uriya musore gushaka kwiyahura, ngo ni ibyo abakobwa yabenze yabaririye amafaranga baba bamuterereje.

Ibi ariko ni ibivugwa n’abaturage kuko nta cyemezo gitanzwe n’abahanga kirabitangwaho.

TAGGED:featuredGitifuKarongiKwiyahuraUmugozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Myaka 40, Abaganga 270 B’Abashinwa Batanze Ubuvuzi Ku Banyarwanda
Next Article Igikomangoma Charles Yahawe Izina Ry’Ubwami Rya Charles III
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?