Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Yakoresheje Umugozi Ngo Yiyahure Uracika, Anywa Aside Ntiyapfa…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Yakoresheje Umugozi Ngo Yiyahure Uracika, Anywa Aside Ntiyapfa…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2022 10:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Nyakamira, Umurenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi haravugwa umusore wiyahuye akoresheje umugozi biranga, abonye byanze ashaka umuti wica bita aside arawunywa ariko ntiyapfa. Umuturage utuye hafi aho yabwiye Taarifa ko uwo musore yabonye ko nabyo byanze, ashaka essence aritwika ariko nabwo abantu baramuzimya ntiyapfa.

Ubu arwariye kuri centre de santé ya Musango mu Kagari ka Nyakamira ari n’aho iwabo batuye.

Twamenye ko Se yitwa Ananias kandi yari asanzwe afite na Nyina.

Uwaduhaye amakuru avuga ko uyu musore yari afite igikorwa cyo gusezerana n’umukunzi we kuri uyu wa Gatanu Taliki 09, Nzeri, 2022.

Icyakora gitifu w’Umurenge yaje kwimura umunsi wo gusezeranya, awushyira kuri uyu wa Kane, Taliki 08, Nzeri, 2022.

Umukobwa bari busezerane ngo yatunguwe no kumva inkuru y’ibyabaye ku mukunzi we, yumva akubiswe n’inkuba!

Byabereye mu Kagari ka Nyakamira, Umurenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi

Twabajije aho imbaraga zo kubyuka zavuye kandi yari amaze kunywa aside, umuturage atubwira ko hari abamutesheje  ariko ntiyanyurwa ashaka essence ngo yitwike birangire nabyo ntiyashya ngo apfe, ubu ari kwa muganga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakamira aho byabereye witwa Fidel Dusabimana avuga ko ayo makuru yayumvise ariko akiyakusanya, ko nta byinshi yabitubwiraho.

Ndetse ngo yahamagaye n’uvugwaho gukora ibyo, aramwitaba ariko nta byinshi yamubwiye kuko yari amerewe nabi.

Icyakora ngo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Taliki 09, Nzeri, 2022 yamuhamagaye yumva telefoni ye nticamo.

Dusabimana ati: “ Aya makuru turacyayashakisha ariko byarabaye kuko hari abampamagaye babimbwira.”

Icyo abantu batubwiye ko gishobora kuba cyateye uriya musore gushaka kwiyahura, ngo ni ibyo abakobwa yabenze yabaririye amafaranga baba bamuterereje.

Ibi ariko ni ibivugwa n’abaturage kuko nta cyemezo gitanzwe n’abahanga kirabitangwaho.

TAGGED:featuredGitifuKarongiKwiyahuraUmugozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Myaka 40, Abaganga 270 B’Abashinwa Batanze Ubuvuzi Ku Banyarwanda
Next Article Igikomangoma Charles Yahawe Izina Ry’Ubwami Rya Charles III
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?