Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Yavuye Mu Bukwe Ariyahura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Yavuye Mu Bukwe Ariyahura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 August 2023 9:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Ruhondo, Akagari ka Ruhinga, Umurenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi haramutse inkuru y’umusore w’imyaka 21 waraye wiyahuje umuti wica udukoko bita Tsiyoda. Yari avuye gutaha ubukwe.

Abo mu muryango we babwiye itangazamakuru ko uriya musore yari yatashye ubukwe, ataha bugorobye ageze  iwabo yihina mu nzu anywa umuti wica udukoko arangije ajya kwiyicarira ku irembo.

Nyuma yahamagaye murumuna we amutuma kumuzanira amazi menshi, undi arayazana.

Yarayanyoye akomeza kwiyicarira aho ngaho.

Barumuna be n’ababyeyi bebagiye kuryama basiga uwo musore witwa Masengesho Jean Pierre yicaye hanze bagakeka ko yari arimo afata akayaga.

Bumvaga ko niyumva amaze kubona akayaga gahagije ari bujye mu nzu akaryama nk’abandi.

Begetseho bariryamira!

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki 28, Kanama, 2023 nibwo babyutse bisanzwe, uwa mbere ageze hanze asanga Masengesho arambaraye hasi arebye asanga yapfuye.

Igikuba cyacitse bahuruza abaturanyi n’ubuyobozi.

Umunyamabanga shingwabikorwa w’Umurenge wa Gitesi w’umusigire witwa Justin Irakoze yabwiye Taarifa ko amakuru afite ari uko uriya musore yakundaga inzoga cyane.

Icyakora ngo nta kibazo yari asanzwe afitanye n’abo mu muryango we cyangwa abaturanyi.

Irakoze avuga ko mu Kagari ka Ruhinga n’ahandi mu Murenge we hakunze kugaragara urubyiruko rwokamye no kunywa inzoga nyinshi.

Ati: “ Hari abantu banywa inzoga nyinshi muri aka gace, tukaba dukeka ko uriya nawe yaba yafashe umwanzuro wo kwiyambura ubuzima abitewe n’isindwe.”

Ubwo twavuganaga na Gitifu Irakoze, yari yagiye  iwabo wa nyakwigendera bategereje ko abakozi b’Urwego rw’Ubugenzacyaha baza gufata ibipimo no kujyana umurambo kuwusuzumisha ngo hamenyekane icyo Masengesho yazize mu by’ukuri.

Umurambo uzashyingurwa nyuma y’ibizava mu isuzuma ry’abaganga bo ku bitaro bya Kibuye.

Abahanga mu mitekerereze ya muntu bavuga ko kwiyahura akenshi biba ari igisubizo umuntu yihitiramo kigamije kuva ku isi kuko aba yibonamo umutwaro ku bandi.

Uko kuguma mu gihirahiro ngo nibyo bituma uwo muntu ahitamo kwiyambura ubuzima mu rwego rwo kwiha amahoro no kuyaha abandi bamukikije kuko aba asigaye abona ko ari ikibazo kuri bo.

Bisaba ko abantu babona umuntu nk’uwo hakiri kare, bakamwegera bakamwereka urukundo amazi atararenga inkombe.

TAGGED:featuredKarongiKwiyahuraUbukweUmusoreUmuti
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuzungu Yishe Abirabura Batatu Abasanze Mu Iduka
Next Article Inzu Ya Minisitiri W’Intebe Wa Libya Yahawe Inkongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?