Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kayonza: Bahaye Gitifu Amafaranga Ngo Abishyurire Mutuelle None Ntibavurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Kayonza: Bahaye Gitifu Amafaranga Ngo Abishyurire Mutuelle None Ntibavurwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2023 10:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Bunyetongo, Umurenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari abaturage babwiye itangazamakuru ko bahaye ubuyobozi bw’Akagari kabo amafaranga ngo bubishyurire ubwisungane mu kwivuza ariko ariko bakaba bajya kwivuza ntibakirwe.

Bamwe bafite amakenga ko amafaranga yabo ashobora kuba yarariwe!

Bavuka ko ibyo umuyobozi w’Akagari kabo yakoze bishyira ubuzima bwabo mu kaga kuko ntawe ujya kwivuza mu buryo bumworoheye kandi ari cyo ariya mafaranga bayatangiye.

Bamwe muri bo babwiye bagenzi bacu ba Radio TV 10 yari ibasanzwe ku kigo nderabuzima cya Bunyetongo ko baje kwivuza ariko bakaba bangiwe kuvurwa kuko badafite inyemezabwishyu zigaragaza aho bishyuriye Ubwisungane mu kwivuza bw’umwaka wa 2023.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uwitwa Mujawamariya avuga ko umuturage ajya kwivuza bakamusaba inyemezabwishyu ya Mutuelle de Santé akayibura, bakamubwira ko adashobora kuvurwa atayerekanye.

Hari n’uwo babwiye ko batamubona muri ‘sisiteme’ ni ukuvuga ikoranabuhanga ryerekana umwirondoro w’umuturage rikanerekana niba yarishyuye cyangwa atarabikoze.

Ngo muganga abwira umurwayi ati: ‘Ntabwo tukuvura nta mituweri watanze’.

Umuturage akamusubiza ati: ‘ko nayitanze se imiryango yanjye yose nkaba narayishyuriye kubera iki mutamvura narayishyuye? …Aya mbere nayatanze mu kwezi kwa Gatanu, uwa nyuma namutangiye muri uku kwezi kwa Gatandatu mu mataliki icumi.”

Bose bavuga ko icyo bashaka ari uko bahabwa inyemezabwishyu kuko bikomeje kubagiraho ingaruka mu kwivuza.

- Advertisement -

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyetongo, Ntambara Emilien yemeye ko amafaranga yose abaturage bayamuhaye ariko akemeza ko yayishyuye.

Icyakora ngo inyemezabwishyu ntiziraboneka kubera ikibazo cya ‘sisiteme’ ikoreshwa na benshi.

Ati: “Icyo kibazo cyo cyari cyabayemo bitagaragara ko bishyuye n’inyemezabwishyu nazo zihari ariko bikanagaragara nanone ko umuntu atishyuye. Dutegereje ko byemezwa n’Ikigo cy’ubwiteganyirize RSSB kuko kwishyura bwo twarishyuye.”

Umukozi wa MobiCash ukorera mu Murenge wa Murama, Munyakaragwe Syliver niwe wishyuriye aba baturage bose binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Avuga ko yamaze kubishyurira ndetse ko n’izo nyemezabwishyu abayobozi bakwiye kuza kuzifata bakaziha abaturage.

Ati “Hari izasohowe zihari za kera ahubwo abayobozi ni bo bataza kuzifata kuko njyewe si njye wazibashyira”.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubwiteganyirize RSSB mu Karere ka Kayonza, Mushimiyimana Jerôme avuga ko ubusanzwe iyo umuntu amaze kwishyura, ahita ujya kwivuza kuko aba yamaze kujya muri sisiteme.

Ku rundi ruhande, ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Karama, gisanzwe gicunga iki kigo cy’ubuzima cya Bunyetongo, bushimangira ko butakwakira abaturage batagaragara muri sisiteme ko bishyuye, kuko byateza igihombo Ikigo Nderabuzima.

TAGGED:AkagarifeaturedGitifuKayonzaRSSBUbwisunganeUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yitabiriye Isabukuru Y’Ubwigenge Bw’Ibirwa Bya Bahamas
Next Article Burundi: Gusenyuka Kw’Ishyaka Rya Rwasa Byorohereje Iriri Ku Butegetsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?