Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kayonza: Barataka Ko Abacukura Amabuye Y’Agaciro Babangiriza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kayonza: Barataka Ko Abacukura Amabuye Y’Agaciro Babangiriza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2022 8:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Mukarange Akarere ka Kayonza bavuga ko abahacukura amabuye y’agaciro babikora batitaye mu kubungabunga ibidukikije bakabangiriza imirima.

Bavuga ko iyo mirimo ituma barumbya kubera ko imyaka bateye yangirika ikiri mito ndetse n’ubutaka bugahitanwa n’inkangu.

Umwe muri abo ati: “ Amazi aturuka mu birombe amanukira mu mirima yacu akayangiza, andi yaraje ansenyera igikoni n’ubwiherero.”

Asaba abayobozi b’ibigo bikora ubwo bucukuzi ndetse n’ubushinzwe imibereho myiza y’abaturage baza bakababarira agaciro k’imitungo yabo, bakabishyura bakimuka.

Undi mugore avuga ko yahinze ubunyobwa amazi aturuka mu birombe biri hafi aho araza arabumanukana bituma arumbya.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa  Mukarange yabwiye RBA ko ‘icyo  kibazo bakizi’ kandi bari kugishakira umuti urambye.

Ngo impande zirebwa n’iki kibazo ziri kuganira uko cyakemurwa.

Hagati aho, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente aherutse gusaba abakora mu rwego rw’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bakora batangiza ibidukikije.

Yasabye ko abakora ubucukuzi bagombye kubikora bazirikana ko abaturiye aho ibyo birombe biri nabo bagomba kurindwa ko ibyabo byakwangirika.

Ati: “ Ntabwo abantu bakwiye gucukura hanyuma ngo usage inzu yawe cyangwa iy’umuturanyi wawe yangiritse. Turagira ngo twongere kwibutsa ko gucukura bitagomba kwangiza ibidukikije.”

Dr. Edouard Ngirente yavuze ko u Rwanda rufite amabuye y’agaciro menshi igisigaye ari uko acukurwa mu buryo butanga umusaruro urambye.

Minisitiri w’Intebe yavuze ko mu gucukura amabuye y’agaciro hagomba gukorwa k’uburyo ubutaka acukurwamo butangirika cyane kandi umusaruro uvuyemo ukaba ari umusaruro urambye.

Ati: “ Urwego rwacu rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ntirurabyazwa umusaruro wose uko wakabaye. Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje gukorana n’abafatanyabikorwa bayo kugira ngo uru rwego rwuzamurirwe ubushobozi bityo rutange umusaruro urambye.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubucukuzi bwa Mine, Petelori na Gazi Ambasaderi Yemima Karitanyi  nawe yavuze ko abakora mu Kigo ashinzwe, bafite intego yo kuba abakozi bakora neza birinda kwangiza ibidukikije ari nako babishishikariza n’abandi.

Ambasaderi Yemima Karitanyi
TAGGED:AgaciroAmabuyefeaturedGatsiboGuverinomaMukarangeNgirenteUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingengabitekerezo Ya Netanyahu
Next Article Bashimuse Impinja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?