Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Abanyamerika Bujuje Hoteli Ikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya: Abanyamerika Bujuje Hoteli Ikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2025 2:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ni hoteli iri mu zikomeye mu Karere Kenya iherereyemo.
SHARE

Ikigo Hyatt Hotels Corporations cyujuje i Nairobi hoteli y’inyenyeri eshanu  iri mu zihambaye ziri muri Afurika y’Uburasirazuba.

Bayise Hyatt Regency Nairobi Westlands ikaba yubatse mu buryo bwerekana imyubakire gakondo ya Kenya ivanze n’imyubakire y’Abanyamerika irimo ikoranabuhanga rigezweho.

Kenya n’u Rwanda biri mu bihugu biteza imbere ubukerarugendo ku rwego rutuma abashyitsi basura ibi bihugu biyongera cyane buri mwaka ugereranyije n’ahandi henshi muri aka Karere.

Abayubatse bavuga ko ifite ibyumba bigari, aho bafatira amafunguro hagutse kandi hakeye, aho hose hakazakorwa n’abakozi babyigiye kandi babifitemo ubunararibonye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iherereye mu gice kirengeye aho umuntu abona ibice byitaruye, akabona ubwiza bwa Nairobi, umurwa mukuru rukumbi w’igihugu cya Afurika utuye muri Pariki rwagati.

Aho kunywera ikawa.
Iri ahantu hitaruye, ushobora kureba ibyiza bya Nairobi.

Niwo murwa mukuru wonyine ku isi uri muri Pariki rwagati yitwa Nairobi National Park yashinzwe mu mwaka wa 1946, mbere cyane y’uko Kenya yigenga.

Aho iri Hoteli hasanzwe inzu ndangamurage yitwa Nairobi National Museum, hakaba hafi y’ishyamba ryitwa Karura Forest hakaba no hafi y’inzu yo guhahiramo izwi cyane yitwa Westgate Mall.

Umurwa mukuru wa Kenya niwo wonyine ku isi wubatse rwagati mu cyanya cy’inyamaswa.

Umuyobozi mu kigo Hyatt Hotels Corporations ushinzwe Uburasirazuba bwo Hagati na Afurika witwa Stephen Ansell avuga ko gutangirira ibikorwa byabo muri Nairobi bizaba uburyo bwo kubyagurira n’ahandi muri aka Karere.

Ati:“ Twishimiye gutangirira igikorwa cyacu muri Kenya kandi twizeye ko kizagukira n’ahandi mu Karere iherereyemo. Twiyemeje ko abazasura Kenya bazabona ahantu heza ho kwishimira hagaragaza ibyiza bya Hyatt”.

- Advertisement -
Stephen Ansell

Ni Hoteli ifite ibyumba 219 byose hamwe, birimo 147 bigenewe abashyitsi ndetse n’ibyumba byihariye 72 bita apartments.

Ni ibyumba binini byagutse, bifutse kandi birimo televiziyo nini zifite murandasi ihoraho kandi ifite imbaraga.

Mu cyumba uko hazaba hasa

Muri buri cyumba harimo icyuma gikora ikawa cyangwa icyayi ndetse n’icyuma gito gikonjesha ibinyobwa n’imbuto.

Bizajyanirana n’uko hari ahantu heza ho gukorera akazi igihe cyose umushyitsi abishakiye.

Itangazo rivuga ku miterere y’iyo hoteli ryemeza ko abashinzwe gutegurira abashyitsi amafunguro bategura amafunguro nyafurika yaba ayo muri Kenya n’ahandi kuri uyu mugabane.

Hari kandi ibiribwa byo mu bihugu bituranye n’inyanja ya Mediterranée na Aziya, abazayicumbikamo bazajya babona aho bakorera siporo mu byumba bita gym bigari kandi bafite abatoza babihemberwa.

Aho gukorera Gym

Nk’uko bisanzwe n’ahandi, ni Hotel ifite ibyumba binini by’inama n’ibindi  bikenerwa mu nama mpuzamahanga.

Hyatt Hotels Corporation isanzwe ari ikigo  gifite icyicaro gikuru i Chicago muri Leta ya Illinois.

Cyashinzwe k’ubufatanye bw’abacuruzi babiri ari bo Hyatt Robert Von Dehn na mugenzi we Jack Dyer Crouch, hari mu mwaka wa 1954.

TAGGED:AbanyamerikaHoteliKenyaParikiRwandaUbukerarugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BDF Igiye Guha Imirenge SACCO Miliyari Frw 30
Next Article Minisitiri W’Ingabo Za Afurika Y’Epfo Ari i Goma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?