Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Batatu Mu Baje Gusezera Kuri Odinga Barasiwe Kuri Stade
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Kenya: Batatu Mu Baje Gusezera Kuri Odinga Barasiwe Kuri Stade

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2025 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abaturage babyigana bashaka aho bihisha nyuma yo kumva amasasu. Ifoto: AFP
SHARE

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu muri Kenya witwa Vocal Africa watangaje ko Polisi ya Kenya yarashe mu kivunge cy’abaje gusezera kuri Raila Odinga, batatu bagapfa.

Abo bantu bahuriye kuri imwe muri Stade nini z’i Nairobi baje gusezera ku murambo w’umunyapolitiki ukomeye wo muri Kenya uherutse kugwa mu Buhinde witwa Raila Odinga.

Umurambo wa Raila Odinga washyizwe aho hantu ngo abantu baze bawurebe mbere y’uko ushyingurwa mu mpera z’iki Cyumweru.

Mbere y’uko uhashyirwa, wabanje kuzanwa ku kibuga cy’indege gusa ubwinshi bw’abaturage bwatumye uhavanwa ujyanwa muri Stade ya Kasarani, ikaba nini kurusha izindi muri iki gihugu kuko ishobora kwakira abantu barenga 50,000.

Ubwo abantu bari bamaze kwinjira muri iyo stade ari uruvunganzoka, abapolisi barashe amasasu n’imyuka iryana mu maso, gusa BBC yanditse ko Polisi ya Kenya itarasobanura icyayiteye gukoresha izo mbaraga.

Odinga ni umunyapolitiki wamaze igihe kirekire atavuga rumwe n’ubutegetsi bwategetse Kenya guhera igihe Daniel Arap Moi yategekaga kuko yigeze no kumufunga.

Kuva icyo gihe kugeza ubwo yatabarukaga afite imyaka 80, yari akiri mu batavuga rumwe na Leta ndetse ari nawe ukomeye kubarusha.

Yiyamamaje inshuro eshanu ngo abe Perezida wa Kenya ariko aratsindwa.

Yanatsinzwe kandi mu matora yo kuba Perezida wa Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe, uyu mwanya wegukanwa na Mahmoud Ali Youssouf ukomoka muri Djibouti.

Ku byerekeye urupfu rw’abari baje gusezura Odinga, Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bivuga ko ari babiri mu gihe KTN News yo yemeza ko ari bane.

Visi Perezida wa Kenya Kithure Kindiki niwe washinzwe kuyobora ibintu byose bijyanye no gushyingura uyu munyacyubahiro wapfuye azize guhagarara k’umutima ubwo yari mu Buhinde kwivuza amaso.

TAGGED:AmasasuKenyaOdingaPolisiStadeUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyaburayi Babwiwe Ibyiza Bazasanga Mu Rwanda Nibarusura
Next Article Hamas Yavuze Ko Abo Yabonye Bose Yabashyikirije Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?