Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Havutse Indi Midugararo Nyuma Y’Urupfu Rw’Intiti
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbutabera

Kenya: Havutse Indi Midugararo Nyuma Y’Urupfu Rw’Intiti

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 June 2025 1:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Albert Ojwang yapfuye mu minsi mike ishize.
SHARE

Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza witwa Albert Ojwang wari usanzwe wandika kurii murandasi waguye muri kasho ya Polisi ntiruvugwaho rumwe rwateje indi midugararo mu baturage. Barashinja Polisi kumwica, yo ikavuga ko ari we wakubise umutwe we ku rukuta bikamuhitana…

Mu gihugu nka Kenya aho abaturage batizera ibikunze gutangazwa na Leta n’inzego zayo, kwemera iby’uko uriya mugabo yakubise umutwe we ku rukuta agapfa, ntibihabwa amahirwe menshi.

N’ikimenyimenyi, abaganga basuzumye umurambo we basanze ahubwo hari ikintu yakubiswe kitatangajwe icyo ari cyo, kikaba ari cyo cyamuhitanye.

Ibyavuye mu igenzura ry’abo baganga byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 10, Kamena, 2025.

Yapfuye yari amaze iminsi mike afungiye muri kasho ya Polisi ikorera ahitwa Homa Bay mu Burengerazuba bwa Kenya avugwaho gutangaza ibinyoma mu nyandiko yavugaga ku muyobozi wungirije wa Polisi ya Kenya yacishije ku rukuta rwa murandasi.

Nyuma y’uko abaganga batangaje ibyo babonye mu isuzuma bakoze, Polisi yasohoye irindi tangazo rivuguruza irya mbere rivuga ko iby’uko yiyahuye bitakiri byo.

Umwe mu baganga bamusuzumye witwa Bernard Midia yavuze ko iby’uko uriya mugabo yiyahuye bidahuje n’ukuri.

Ati: “ Twamusanzeho ibikomere byinshi ku mutwe, ijosi barivunye n’ahandi ku mubiri we hari ibikomeye, ibintu biduha ibimenyetso by’uko yapfuye hari abandi babigizemo uruhare”.

Indi ngingo ikomeye abantu baheraho bavuga ko yakorewe ibya mfura mbi ni uko nyuma yo gufatwa, yavanywe mu Burengerazuba bwa Kenya yoherezwa muri Nairobi mu ntera ya Kilometero 250 bidategetswe n’urukiko.

Yari umwanditsi.

Nyuma y’uko urupfu rumenyekanye ku rwego rw’igihugu, bamwe mu baturage biganjemo urubyiruko n’abandi bakora muri za Kaminuza batangiye kwigaragambya babyamagana.

Barigaragambya bavuga ngo ‘Nimurekere aho kutwica’ ndetse no ku mbuga nkoranyambaga batangiye kubyamagana bakoresheje intero(hashtag) bise #JusticeForAlbertOjwang.

Ibi byadutse nyuma y’umwaka ushize muri Kenya habaye indi myigaragambyo y’abaturage bamaganaga umusoro bavugaga ko washyizweho ugamije kubapyinagaza kandi basanzwe bakennye.

Byadutse kandi nyuma y’inkuru icukumbuye BBC yakoze yerekana mu mashusho uko Polisi yishe abasore n’inkumi bari baje muri iriya myigaragambyo bamagana iby’uwo musoro, ibica nta ntwaro bitwaje cyangwa ngo babe bateje akaga ako ari ko kose.

TAGGED:featuredGerezaIntitiKenyaPolisiRutoUbutegetsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gukaraba Intoki Byongere Bigirwe Akamenyero Mu Banyarwanda
Next Article Gatsibo: Ubuyobozi Bwagejeje Umukecuru Kwa Muganga Ntibwishyura Imiti
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?