Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Igiye Gushora Miliyoni $100 Muri Banki Nyafurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbukungu

Kenya Igiye Gushora Miliyoni $100 Muri Banki Nyafurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 May 2024 12:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Kenya William Ruto yatangaje ko igihugu cye kigiye gushora muri Banki ny’Afurika z’iterambere miliyoni $100 hagamijwe gikemura ibibazo by’Afurika bigendana n’ishoramari.

Ruto yavuze ko igihugu cye giteranya no kuzongera amafaranga gishyira muri Banki Nyafurika ishinzwe guteza imbere ibyo kohereza no gutumiza ibintu mu mahanga yitwa African Export-Import (Afrexim) Bank ikaba ifite icyicaro i Cairo mu Misiri.

Andi mafaranga kandi azashyirwa muri Banki y’ubucuruzi n’iterambere Trade and Development Bank (TDB) ikorera mu Burundi.

Perezida wa Kenya William Ruto avuga ko ayo mafaranga azaba agamije kwerekana uruhare rwa Kenya mu gutuma Afurika ibona ibisubizo ku bibazo birebana n’ishoramari riyikorerwamo.

The East African ivuga ko Ruto yabwiye bagenzi be bari bitabiriye Inama mpuzamahanga yateguwe na Banki Nyafurika y’iterambere ati: ” Iri shoramari rigamije kwerekana ubushake bw’uko Afurika yakwishakamo amikoro yo gushora mu mishinga yo kwiteza imbere”.

Banki Afrexim ni Banki ibitswamo na za Guverinoma z’ibihugu bya Afurika, ikabiguriza kugira ngo bishore mu mishinga byateganyije.

Mu mwaka wa 2023, iyo Banki yungutse miliyoni $756.1 angana n’inyongera ya 66 ku ijana ugereranyije n’uko byari bimeze mu mwaka wa 2022.

Kenya, mu gushyira ariya mafaranga muri Banki Nyafurika ishinzwe iterambere, ivuga ko bizayiha kurushaho kugira imigabane igaragara muri iyo Banki isanzwe akenshi na kenshi  iguriza ibihugu by’Afurika.

Nayo mu mwaka wa 2022 yangutse angana na 123% ni ukuvuga miliyari $ 1.73 yashowe mu isoko ry’imari n’imigabane.

Bivugwa ko uru ari rwo rwunguko runini iyo Banki yagize mu mateka yayo.

Urwo rwunguko ruri mu byatumye Ruto ahitamo ko igihugu cye cyongera ayo gishora muri Banki Nyafurika zitandukanye kuko zungukira abanyamigabane.

Ibihugu by’Afurika bifite muri Banki nyafurika y’iterambere imigabane ingana na 60% , indi migabane igasaranganywa n’ibihugu nka Amerika, Ubuyapanj n’Ubuhinde.

Mu bihugu by’Afurika, Nigeria niyo ifite imigabane myinshi muri Banki Nyafurika y’iterambere kuko yihariye 10%.

Banki ya TDB yo ni iy’ibihugu bigize COMESA harimo na Kenya.

Hagati aho hari izindi miliyoni $20 Kenya iteganya kuzashyira muri Banki Nyafurika y’iterambere mu gihe kiri imbere.

TAGGED:BankifeaturedIterambereKenyaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Ubukorikori Bwafashije Abagore Kwiyubaka Mu Bukungu No Mu Mutima
Next Article Mu Bihe Byegereje Impeshyi Polisi Yongeye Ubukangurambaga Mu Kwirinda Inkongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?