Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Igiye Gusubukura Ibiganiro Na Uganda Ku Bucuruzi Bw’Amata
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubucuruzi Mpuzamahanga

Kenya Igiye Gusubukura Ibiganiro Na Uganda Ku Bucuruzi Bw’Amata

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2022 11:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’ibiganiro byagiye bitangirwa ariko bigapfuba, hari amakuru avuga ko inzego z’ubucuruzi hagati ya Kenya na Uganda zigiye gusubukura ibiganiro ku buhahirane bw’amata.

Ni ibiganiro biteganyijwe gutangira muri Werurwe, 2022 nk’uko The East African yabyanditse.

Umuyobozi muri Kenya ushinzwe ubworozi witwa Harry Kimtai avuga ko Nairobi yagejeje kuri Kampaka gahunda y’uko biriya biganiro bizagenda.

I Nairobi kandi bavuga ko bari gusesengura ibyo basabwe na Kampala byazagenderwamo muri biriya biganiro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kimtai ati: “ Turi gutegura urugendo i Kampala ruzakorwa n’itsinda ryacu rizajya kureba niba ibintu byose byarashyizwe ku murongo kugira ngo ibiganiro bigamije gukuraho inzitizi mu buhahirane bw’amata hagati yacu nabo bicyemurwe rimwe na rizima.”

Kenya yari isanzwe ishinja Uganda ko abacuruzi bayo bakura amata mu bindi bihugu ari ifu, bayageza i Kampala bakayakoroga bakayavangavanga yamara gusa n’amata asanzwe bakapfunyika bakayohereza muri Nairobi.

Ibiganiro hagati y’ibihugu byombi kuri iyi ngingo byasubitswe kenshi mu mwaka ushize.

Ibiheruka byagombaga kuba taliki 25, Mutarama, 2022 birasubikwa.

Bivugwa ko ibaruwa yamenyeshaga Kenya iby’iriya nama yatinze kugera muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga.

- Advertisement -

Nyuma baje kwemeranya ku yindi taliki inogeye ibihugu byombi.

Itsinda ry’abaturage bazava muri Kenya rizaba rizagizwe n’abacuruzi, abakora kuri gasutamo n’abahanga mu butabire.

Hagati aho kandi  Kenya yari imaze igihe yarahagaritse gutumiza inkoko n’amagi byo muri Uganda.

Icyakora mu mwaka ushize ibiganiro hagati y’ibihugu byombi byaje gusubukurwa ndetse inkoko, amagi, isukari n’amafi byo muri Uganda birakomorerwa.

Amakimbirane mu by’ubukungu hagati ya Kampala na Nairobi si ay’ ejo.

Kenya na  Uganda bisa n’ibihora mu makimbirane mu by’ubucuruzi.

Mu Ukuboza, 2019 nibwo Kenya yakomanyirije amata yitwa Lato atunganyirizwa muri Uganda.

Umwaka wakurikiyeho ni ukuvuga muri Nyakanga, 2020, Kenya yarongeye ikomanyiriza isukari ya Uganda, ibikora nta gihe kinini gishize hasinywe amasezerano yo kongera ibyo Uganda yoherezaga muri Kenya.

Nk’aho iryo komanyirizwa ritari rihagije, Kenya ntiyarekeye aho ahubwo yahise ibuza n’inkoko cyangwa amagi biva muri Uganda kwinjira ku isoko ryayo.

Abashinzwe ubukungu muri Kenya bavuga ko ibikorerwa muri Uganda biba butujuje ubuziranenge, bityo ko babikumira ku isoko ryabo kugira ngo bidahumanya abaturage bayo.

Mu Ugushyingo, 2021 itsinda ry’abayobozi muri Kenya ryasubitse uruzinduko rw’akazi ryari bugirire i Kampala hagamijwe kuganira na bagenzi babo uko ikomanyirizwa ry’amata n’isukari byo muri Uganda ryakurwaho.

Muri iyi ntambara, Uganda niyo ihakubitirwa kuko Kenya yo irakize cyane n’ubwo abaturanyi batabura guhahirana.

TAGGED:AmatafeaturedKenyaUbucuruziUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umufaransakazi Yatangiye Kuburanishwa Ku Guhakana Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article Umunyemari Ushakishwa n’u Rwanda Yitabaje Urukiko Rukuru Rwa Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?