Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Miliyoni 12 Z’Abaturage Bugarijwe N’Inzara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya: Miliyoni 12 Z’Abaturage Bugarijwe N’Inzara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2022 9:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Kenya haravugwa ikibazo cy’ibinyampeke bike k’uburyo abaturage miliyoni 12( benda kungana n’abatuye u Rwanda) badafite ibiribwa bihagije. Imibare yo mu mwaka wa 2020 yasohowe na Banki y’Isi ivuga ko Kenya ituwe n’abaturage miliyoni 53,77.

Ikigo cya Kenya gishinzwe gucunga ibinyampeke kitwa National Cereals and Produce Board (NCPB) kivuga ko ari ikibazo cyaragaraye ahantu 23 hirya no hino muri Kenya.

Iki kigo kivuga ko ikibazo cyaje kuba kinini nyuma y’uko n’imifuka 300,000 y’ibigori yari ihunitse mu bigega yaje guseshwa( bituruka ku nshinga gushesha) kugira ngo bivemo ifu y’akawunga abaturage babone umutsima wo kurya.

Over 12 million Kenyans at risk of starvation, says NCPBhttps://t.co/J3j6V8fw83 pic.twitter.com/Y9otgd7gp0

— NTV Kenya (@ntvkenya) June 2, 2022

Umuyobozi w’Iki kigo witwa Joseph Kimote yabwiye The Nation ati: “ Twagurishije ibigori byose twari twaraguze. Ikibazo cy’ibinyampeke dufite muri iki gihe kirakomeye cyane kandi Leta mu nzego zayo zo hejuru niyo ikwiye kugicyemura mu buryo burambye.”

N’ubwo atakamba avuga ko ibigori byashize mu bigega, ku rundi ruhande, Kimoti avuga ko mu igurisha ryabo bungutse.

Kenya ikeneye ibigori byinshi kurusha ibyo yeza.

Ku mwaka Kenya yeza toni miliyoni 3,2 z’ibigori mu gihe hakenewe toni miliyoni 3,8 kugira ngo haboneke ibigori bihagize abanya Kenya.

Ikigo National Cereals and Produce Board (NCPB) kivuga gishaka kugura imifuka miliyoni eshatu y’ibigori kuri miliyari mashilingi  7.56(Sh7.56 billion) n’imifuka 50,000 y’ibishyimbo ku mashilingi miliyoni 405( Sh405 million), byose bikaba bibitswe mu buhunikiro bw’igihugu bita National Food Reserve.

Hari n’ibindi biribwa iki kigega gishaka kugura kikabihunika birimo n’ifu y’amata.

Icyakora ikibazo cy’ibura ry’ibinyampeke ni kinini k’uburyo abasanzwe babisya kugira ngo bagurishe ifu ku bacuruzi basaba Leta ya Kenya korohereza ibinyampeke bituruka mu bindi bihugu kwinjira ku isoko rya Kenya.

Bavuga ko iki ari ikibazo gikomeye kiyongera k’izamuka ry’ibiciro muri rusange.

Basaba Leta ko yaganira na Guverinoma ya Zambia n’iya Tanzania hakarebwa uko zakwemererwa kohereza muri Kenya imifuka miliyoni esheshatu z’ibinyampeke.

Bamwe mu basya ibinyampeke( mu Cyongereza babita millers) bavuga ko kubera ubukungu butifashe neza byabaye ngombwa ko baba basezereye abakozi babo.

Ikibazo abaturage bavuga ko gihari ni uko n’impeke zihari inyinshi zigurishwa muri Sudani y’Epfo no mu bice bya Uganda kuko bigurwa ku giciro kiza.

Ibinyampeke byose bijyanwa muri biriya bihugu bingana na 80%, mu gihugu hagasigara 20% gusa.

Ibibazo by’umusaruro muke w’ibinyampeke muri Kenya bije mu gihe igihugu kitegura gutora Umukuru w’igihugu.

TAGGED:AkawungafeaturedIbigoriIfuKenyaRwandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Yavugaga Ko Ashinzwe Iperereza Akaka Ruswa
Next Article MTN Group Niyo Muterankunga Mukuru W’Inama Ya CHOGM Ku Ishoramari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?