Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Umunyarwanda Yatsinze Urubanza Yari Yarahugujwe N’Umunya Kenya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kenya: Umunyarwanda Yatsinze Urubanza Yari Yarahugujwe N’Umunya Kenya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 December 2023 6:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rwiyemezamirimo witwa Desire Muhinyuza yatsinze urubanza yaburanaga N’Umunya Kenya witwa Kirimi Koome.

Umucamanza yategetse ko Koome aha Muhinyuza miliyoni $2.6 nyuma y’uko bigaragaye ko yamuhuguje kuba nyiri ikigo gikorera ubucuruzi kuri murandasi kitwa Stay Online Limited (SOL).

Aya mafaranga yari yarafatiriwe n’ikigo gishinzwe ubugenzacyaha kitwa Directorate of Criminal Investigations (DCI) nyuma y’uko Muhinyuza asabye ko afatirwa kuko byari byageze mu rukiko kandi yemeza ko yayariganyijwe.

Muhumuza yaje kwemeza urugereko rw’Urukiko rukuru ruburanisha imanza z’ubucuruzi ko kiriya kigo ari icye, narwo rwanzura ko asubizwa ibye.

Iby’ubu buriganya byatangiye muri Werurwe, 2023.

Umucamanza witwa Alfred Mabeya niwe wanzuye ko Muhinyuza yatsinze urubanza.

Muhinyuza yahise avuga ko iki cyemezo ari kizima kandi kizamura icyizere abashoramari bafitiye ubutabera bwa Kenya.

Umucamanza kandi yategetse ko Koome yishyura $100,000 Muhinyuza yamuhaye ngo ayasore undi ntiyayatanga.

Umucamanza Mabeya yavuze ko  Muhinyuza ari we nyiri ikigo kandi akaba ari we wacyandikishije muri Mata, 2023, akaba yari yishyuye $29,000

The East African yanditse ko uru rubanza ari urw’amateka.

Ifoto@ The East African

TAGGED:featuredIkigoMurandasiUmucuruziUmunyakenyaUmunyarwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Clare Akamanzi Yahawe Inshingano Muri NBA
Next Article Burera: Abana Bahagarariye Abandi Mu Rwanda Bagiye Kwitoramo Abayobozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?