Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Yafunze Televiziyo Izira Kwerekana Filime Irimo Ubusambanyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya Yafunze Televiziyo Izira Kwerekana Filime Irimo Ubusambanyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2021 2:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego Rugenzura Itumanaho muri Kenya rwafunze televiziyo yitwa Mt Kenya TV mu gihe cy’ibyumweru bine, izira kwerekana filime irimo imibonano mpuzabitsina n’ubugizi bwa nabi, mu gihe abana bari mu ngo.

Urwo rwego rwatangaje ko rwakiriye ibirego by’abantu benshi guhera ku wa 19 Mata 2021, ubwo iyo televiziyo yari imaze kwerekana filime Free Jimmy, saa munani z’amanywa.

Yakozwe n’umunya-Norvege Christopher Nielsens mu 2006, ikorwa mu buryo bw’abantu bashushanywa na mudasobwa, hagamijwe gusetsa.

Gusa iyo filime yanenzwe ko irimo ahantu hatandukanye hagaragaramo ibikorwa byo kunywa ibiyobyabwenge, urugomo no gukora imibonano mpuzabitsina, ku buryo idakwiriye kurebwa n’abana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi w’ikigo kigenzura itumanaho muri Kenya, Mercy Wanjau, yavuze ko mu kiganiro ‘Mucii wa Ciina’ cyagaragagayemo iriya filime, iyo televiziyo yatambukije ibikorwa bidakwiriye birimo ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina, gukoresha ibiyobyabwenge, ubujura n’ubundi bugizi bwa nabi.

Ni ibikorwa ngo binyuranyije n’itegeko rigenga ikoranabuhanga, kuko byakozwe mu gihe abantu bose baba bakiri maso, ku buryo ibintu bitambutswa bigomba kuba biboneye ku bantu bose. Ni igihe mu itangazamakuru ry’amajwi n’amashusho bita ‘Watershed’.

Iyo televiziyo y’ikigo Slopes Media House Ltd yakuwe ku murongo mu gihe cy’ibyumweru bine ngo ibanze inoze uburyo ibintu bitangazwa, bijyanye n’igihe cyemewe.

Icyo kigo kandi cyaciwe amande ya Ksh 500.000, ni ukuvuga asaga miliyoni 4.5 Frw.

TAGGED:featuredKenyaMt Kenya 24Televiziyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Kazi: Ahantu Tumara Igihe, Hakaduhemba, Ariko Hagoye…
Next Article Abaturage Bicishije Lieutenant Amabuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?