Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Yafunze Televiziyo Izira Kwerekana Filime Irimo Ubusambanyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya Yafunze Televiziyo Izira Kwerekana Filime Irimo Ubusambanyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2021 2:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego Rugenzura Itumanaho muri Kenya rwafunze televiziyo yitwa Mt Kenya TV mu gihe cy’ibyumweru bine, izira kwerekana filime irimo imibonano mpuzabitsina n’ubugizi bwa nabi, mu gihe abana bari mu ngo.

Urwo rwego rwatangaje ko rwakiriye ibirego by’abantu benshi guhera ku wa 19 Mata 2021, ubwo iyo televiziyo yari imaze kwerekana filime Free Jimmy, saa munani z’amanywa.

Yakozwe n’umunya-Norvege Christopher Nielsens mu 2006, ikorwa mu buryo bw’abantu bashushanywa na mudasobwa, hagamijwe gusetsa.

Gusa iyo filime yanenzwe ko irimo ahantu hatandukanye hagaragaramo ibikorwa byo kunywa ibiyobyabwenge, urugomo no gukora imibonano mpuzabitsina, ku buryo idakwiriye kurebwa n’abana.

Umuyobozi w’ikigo kigenzura itumanaho muri Kenya, Mercy Wanjau, yavuze ko mu kiganiro ‘Mucii wa Ciina’ cyagaragagayemo iriya filime, iyo televiziyo yatambukije ibikorwa bidakwiriye birimo ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina, gukoresha ibiyobyabwenge, ubujura n’ubundi bugizi bwa nabi.

Ni ibikorwa ngo binyuranyije n’itegeko rigenga ikoranabuhanga, kuko byakozwe mu gihe abantu bose baba bakiri maso, ku buryo ibintu bitambutswa bigomba kuba biboneye ku bantu bose. Ni igihe mu itangazamakuru ry’amajwi n’amashusho bita ‘Watershed’.

Iyo televiziyo y’ikigo Slopes Media House Ltd yakuwe ku murongo mu gihe cy’ibyumweru bine ngo ibanze inoze uburyo ibintu bitangazwa, bijyanye n’igihe cyemewe.

Icyo kigo kandi cyaciwe amande ya Ksh 500.000, ni ukuvuga asaga miliyoni 4.5 Frw.

TAGGED:featuredKenyaMt Kenya 24Televiziyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Kazi: Ahantu Tumara Igihe, Hakaduhemba, Ariko Hagoye…
Next Article Abaturage Bicishije Lieutenant Amabuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?