Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Yafunze Televiziyo Izira Kwerekana Filime Irimo Ubusambanyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya Yafunze Televiziyo Izira Kwerekana Filime Irimo Ubusambanyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2021 2:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego Rugenzura Itumanaho muri Kenya rwafunze televiziyo yitwa Mt Kenya TV mu gihe cy’ibyumweru bine, izira kwerekana filime irimo imibonano mpuzabitsina n’ubugizi bwa nabi, mu gihe abana bari mu ngo.

Urwo rwego rwatangaje ko rwakiriye ibirego by’abantu benshi guhera ku wa 19 Mata 2021, ubwo iyo televiziyo yari imaze kwerekana filime Free Jimmy, saa munani z’amanywa.

Yakozwe n’umunya-Norvege Christopher Nielsens mu 2006, ikorwa mu buryo bw’abantu bashushanywa na mudasobwa, hagamijwe gusetsa.

Gusa iyo filime yanenzwe ko irimo ahantu hatandukanye hagaragaramo ibikorwa byo kunywa ibiyobyabwenge, urugomo no gukora imibonano mpuzabitsina, ku buryo idakwiriye kurebwa n’abana.

Umuyobozi w’ikigo kigenzura itumanaho muri Kenya, Mercy Wanjau, yavuze ko mu kiganiro ‘Mucii wa Ciina’ cyagaragagayemo iriya filime, iyo televiziyo yatambukije ibikorwa bidakwiriye birimo ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina, gukoresha ibiyobyabwenge, ubujura n’ubundi bugizi bwa nabi.

Ni ibikorwa ngo binyuranyije n’itegeko rigenga ikoranabuhanga, kuko byakozwe mu gihe abantu bose baba bakiri maso, ku buryo ibintu bitambutswa bigomba kuba biboneye ku bantu bose. Ni igihe mu itangazamakuru ry’amajwi n’amashusho bita ‘Watershed’.

Iyo televiziyo y’ikigo Slopes Media House Ltd yakuwe ku murongo mu gihe cy’ibyumweru bine ngo ibanze inoze uburyo ibintu bitangazwa, bijyanye n’igihe cyemewe.

Icyo kigo kandi cyaciwe amande ya Ksh 500.000, ni ukuvuga asaga miliyoni 4.5 Frw.

TAGGED:featuredKenyaMt Kenya 24Televiziyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Kazi: Ahantu Tumara Igihe, Hakaduhemba, Ariko Hagoye…
Next Article Abaturage Bicishije Lieutenant Amabuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?