Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenyatta Yasabye Ko Izindi Ngabo Za EAC Zoherezwa i Goma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenyatta Yasabye Ko Izindi Ngabo Za EAC Zoherezwa i Goma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 February 2023 10:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo abaturage b’i Goma bavuga ko badashaka ingabo z’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba bazishinja gukorana na M23, umuhuza Uhuru Kenyatta yasabye ahubwo ko zoherezwa yo ku bwinshi.

Kenyatta avuga ko ari ngombwa ko bariya basirikare boherezwa i Goma kugira ngo amasezerano uko yasinywe abe ari ko yubahirizwa.

Avuga ko ubwinshi  bwa bariya basirikare buzatuma bakwira henshi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bityo bagahashya imitwe yahayogoje.

Uhuru Kenyatta abisabye nta gihe kinini gishize Perezida Tshisekedi abwiye umunya Kenya uziyoboye witwa Major Gen Nyangah ko abaturage bamushinja gukorana na M23 kandi ko bidatinze bazamuhagurukira.

Koko ntibyatinze kubera ko guhera ku wa Mbere taliki 06, Gashyantare, 2023 abatuye Goma bazindukiye mu myigaragambyo ikomeye yaguyemo abantu ndetse n’imodoza za MONUSCO ziratwikwa.

Mu ijoro rishyira iyo taliki indege ya MONUSCO yararashwe, umusirikare wayo ukomoka muri Afurika y’Epfo ahasiga ubuzima, undi bari bari umwe arakomereka.

Andi makuru avugwa muri DRC,  ni ay’uko imirwano yari imaze iminsi ibiri ikataje ibera ahitwa Sake yagenjeje make.

Umunyamakuru witwa Justin Kabumba ukorera muri kiriya gice avuga ko ingabo za DRC zigambye ko zabereye ibamba abarwanyi ba M23 zikoma imbere umuriri bari bafite.

Abarwanyi ba M23 botsaga igitutu ingabo za DRC bazisunika ngo zibavire mu nzira bagane i Goma.

Ikindi kizindutse kivugwa yo ni uko hari umupolisi mukuru ufite ipeti rya Commissaire witwa Gakufi Ndizihiwe Desire n’umusirikare mukuru ufite ipeti rya Colonel witwa John Gahizi batorotse bajya muri M23.

Iyi M23 imaze iminsi yotsa igitutu ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu bice bituranye n’Umujyi wa Goma birimo n’ahitwa Sake.

M23 imaze ishaka gufata ahitwa Sake.
TAGGED:CongoGomaIngaboM23Uhuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngoma: Yasanze Umugore We Mu Kabari Asomana N’Abagabo ‘Amarira Arisuka’
Next Article DJ Brianne Asubiranye i Burundi Na Kenny Sol
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?