Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kera Abacuruzi Nibo Batungaga Imbunda Cyane- ACP Rutikanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Kera Abacuruzi Nibo Batungaga Imbunda Cyane- ACP Rutikanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 June 2024 12:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police ( ACP) Boniface Rutikanga yavuze ko mu myaka ya za 2005, abenshi mu Banyarwanda bari batunze imbunda kandi ari abasivili bari abacuruzi.

Impamvu ni uko babaga babitse amafaranga menshi mu ngo zabo.

Bikubiye mu kiganiro we n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Thierry B. Murangira bahaye RBA kuri iki Cyumweru bagaruka ku kibazo cy’imbunda mu basivili.

Iki kiganiro cyakozwe nyuma y’igihe gito Ubugenzacyaha bufashe uwari Depite mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda Eugène Barikana bumukurikiranyeho gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Barikana yafatanywe grenade n’amasasu.

Yafunzwe taliki 11, Gicurasi, 2024, akaba yarabwiye  RIB ko ziriya ntwaro yazitunze ‘akibana’ n’abasirikare ariko ‘yibagirwa kuzisubiza’.

Taliki 29, Gicurasi, 2024 nibwo Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwahamije Barikana icyaha cyo gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko rumuhanisha gutanga ihazabu ya Frw 500,000.

Tugarutse ku byerekeye uko gutunga intwaro byifashe mu basivili, ACP Rutikanga yabwiye RBA ko muri iki gihe bitakigaragara cyane ko intwaro ziri mu baturage.

Mu mpamvu atanga harimo iy’uko abacuruzi batagitwara amafaranga mu ntoki kubera ikoranabuhanga ndetse ngo n’uyafite ari menshi, Banki ye imwoherereza imodoka kugira ngo ayageze kuri Banki abikwe yo.

- Advertisement -

Ati: “ Twishimira ko hari imbunda nke mu baturage tutazi. Twebwe nka Polisi tugize amahirwe nta muntu watunga imbunda atayemerewe. Ariko mu bihe byatambutse muri za 2005, na 2007, 2008 na 2009, catégorie y’abantu benshi basabaga imbunda ni abacuruzi. Ngira ngo bumvaga ko bakeneye umutekano”.

Zimwe mu mpamvu zituma muri iki gihe abacuruzi batagikenera imbunda zo kwirinda ni uko nta muntu ukigendana ‘cash’.

Ikindi ngo ni uko niyo ufite amafaranga menshi, imodoka ya banki yawe iza ikagufasha kuyahavana akajyanwa muri banki nyirizina.

Kuba igihugu gitekanye muri rusange, nabyo ngo bituma abaturage bizera umutekano bityo gutunga imbunda ntibibe bikiri ngombwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko muri iki gihe abatunze intwaro ari abakora mu nzego z’umutekano ariko mu basivili ngo ntazo.

Ingero z’intwaro mu baturage mu bihe bitandukanye…

Mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye mu Rwanda, hagiye hagaragara za grenade ndetse hari n’umugabo wigeze kuyitera we bapfa umukobwa.

Hari muri Werurwe, 2024 ubwo mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo havuzwe grenade yatewe n’umugabo uvugwaho kuba umunyerondo ayiteye mugenzi we bapfaga umukobwa wicuruza.

Taliki 07, Mata, 2022, ubwo hatangiraga Icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Mudugudu wa Indakemwa, Akagari ka Nyakabanda mu Karere ka Kicukiro haturikiye grenade.

Iperereza ryahise ritangira, ibyavuyemo byekerekana ko iriya gerenade itatewe n’umuntu runaka ahubwo yari imaze igihe iri ahantu hari harunze ibikoresho by’ubwubatsi, abantu bakibaza uko yageze muri ibyo bikoresho.

Hari kuwa Kane Taliki 15, Ukuboza, 2022 ubwo abana bo mu Murenge wa Ngororero baturikanwaga na grenade umwe arapfa undi arakomereka cyane.

Uwapfuye yitwa Tito Mugisha n’aho uwakomeretse yitwa Thomas Niyonkuru.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ngororero bwabwiye bagenzi bacu bo ku UMUSEKE ko byabereye mu Mudugudu wa Kabeza, mu Kagari ka Gaseke mu Murenge wa Ngororero.

Iperereza ryatangiye ngo hamenyekana intandaro y’iyo grenade yambuye umwana ubuzima igakomeretsa undi.

Taliki 15, Mata, 2021 mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi umusore w’imyaka 18 yakinishije grenade atabizi iramuturikana.

Ku bw’amahirwe yaramukomerekeje gusa.

Bivugwa ko uwo musore yuriye inzu y’iwabo agiye gusana aho itegura ryari ryaravuyemo bigatuma inzu yabo ivirwa.

Ubwo yari ageze hejuru yayo yabonye akagozi kaziritseho ‘akantu k’akuma’ aragafata arakamanukana.

We na mushiki we batangiye gukinisha ako kuma ka kabutindi ariko mushiki we wundi hamwe na Nyina barababuza ariko undi asa n’ubanza kubima amatwi.

Bidatinze abari aho ( nawe arimo) batangiye kubona ka kuma kari gucumba umwotsi.

Ako kuma yari grenade ariko batabizi.

Nyamusore yahise ajya kujugunya ako kuma akikajugunya hafi n’igiti cya avoka gahita gaturika ari nabwo ubuyobozi bwahageraga busanga ni grenade yabaga mu gisenge cy’iyo nzu.

Izi ni ingero nke zerekana ko hari ibisasu bikiri mu ngo cyangwa mu butaka hirya no hino mu Rwanda.

U Rwanda nk’igihugu cyabayemo intambara yamaze imyaka ine ndetse nyuma hakaba indi yatewe n’abacengezi, birashoboka cyane ko hari ibindi bisasu bishobora kuba bikiri ahantu hatandukanye.

Abaturage basabwa kwitondera icyuma cyose babonye ahandi hitaruye abandi, ahubwo bakitabaza inzego z’umutekano cyangwa iz’ubuyobozi bw’aho batuye.

TAGGED:AbaturagefeaturedGrenadeIbisasuPolisiRutikanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jeannette Kagame Yifatanyije N’Abarokokeye Muri Bisesero Kwibuka Ibyahabereye
Next Article Ubugereki: Polisi Yajugunye Abimukira Mu Nyanja Ari Bazima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?