Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Abaganga bo mu bitaro bya Masaka barwanye umwe arakomereka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Abaganga bo mu bitaro bya Masaka barwanye umwe arakomereka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2020 5:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijoro ryo ku wa 06, rishyira uwa 07, Ukuboza, 2020 mu bitaro bya Masaka biherereye mu kagari ka Gako mu Murenge wa Masaka muri Kicukiro abaganga babiri bashyamiranye umwe akubita undi aramukomeretsa. Jean Baptiste Sikubwabo wakomerekejwe asaba ko uwabikoze akurikiranwa.

Hari saa tanu n’iminota mirongo itanu z’ijoro( 11h50pm) ubwo umuganga upima ibizamini muri Labo witwa Jean Baptiste Sikubwabo yagize ibyo atumvikanaho na mugenzi we witwa Eric Bizimana ukora muri maternité, ‘amutera ikintu’ amukomeretsa ku gahanga.

Sikubwabo avuga ko ibyabaye bitakwitwa imirwano kuko atari ahanganye na Bizimana ahubwo ko byakwitwa guhohoterwa agakubitwa.

Yagize ati: “ Byakozwe n’umubyaza waje gukoresha ikizamini agasanga hari ikindi ndangije ariko agashaka ko nkora icyo azanye mu gihe gito kucyo gisanzwe kimara yabona bitinze akankubita ikintu ngakomereka ku mutwe.”

Sikubwabo Jean Baptiste bakunda kwita Socrate avuga ko yabanje gutunganya ikizamini cy’amaraso yakirangiza Eric akamuzanira icy’inkari kugira ngo barebe niba nyirazo atwite.

Kubera ko ikizamini cy’inkari kimara iminota itanu, avuga ko yasabye Eric kwihangana iminota ikarangira undi ntiyabyumva neza nibwo ngo yamuteraga ikintu kikamukomeretsa.

Abajijwe icyo kintu avuga ko bamuteye icyo ari cyo yavuze ko atakimenya ahubwo ko Eric Bizimana ‘yabwiye ubuyobozi ko ari igipfunsi.’

Ikindi Jean Baptiste Sikubwabo avuga ko mugenzi we yakoze kandi kidakwiye ni uko ngo ikizamini yazanye muri Labo kitari kiriho amazina.

Iyo ikizamini kitariho amazina bigora umukozi ugipima kumenya icyo aricyo kandi bishobora gutuma uwagifashwe atamenyekana ngo abe ari we ugihabwa.

Avuga ko bukeye yagiye kwipfukisha nyuma ajya kubibwira ubuyobozi bw’ibitaro ndetse na Eric Bizimana yemera ibyabaye asaba imbabazi.

Sikubwabo ati: ‘Akurikiranwe…’

N’ubwo avuga ko yasabwe imbabazi akazitanga, Sikubwabo Jean Baptiste asaba abagenzacyaha n’abandi bafite ububasha kuri Eric Bizimana kumukurikirana bakamenya icyabimuteye.

Avuga ko mugenzi we wamukomerekeje ari mushya mu bitaro bya Masaka.

Taarifa yahamagaye Eric Bizimana kugira ngo agire icyo avuga ko bimuvugwaho ariko ntiyafashe telephone ye igendanwa.

Twagerageje kandi kuvugisha umuyobozi w’ibitaro bya Masaka Dr Marcel Uwizeye kugira ngo agire icyo avuga ku bivugwa mu kigo ayobora ariko ubwo twamuhamagaraga telefoni ye ntiyari ku murongo.

TAGGED:AbagangafeaturedGakoIbitaroKicukiroMasaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamonyi: ‘Uwitwazaga ko ari umukire’ agahohotera abaturage yafatanywe n’abandi bane
Next Article How to make cappucino by Taarifa Rwanda at KG Craft Cafe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?