Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Abaganga bo mu bitaro bya Masaka barwanye umwe arakomereka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Abaganga bo mu bitaro bya Masaka barwanye umwe arakomereka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2020 5:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijoro ryo ku wa 06, rishyira uwa 07, Ukuboza, 2020 mu bitaro bya Masaka biherereye mu kagari ka Gako mu Murenge wa Masaka muri Kicukiro abaganga babiri bashyamiranye umwe akubita undi aramukomeretsa. Jean Baptiste Sikubwabo wakomerekejwe asaba ko uwabikoze akurikiranwa.

Hari saa tanu n’iminota mirongo itanu z’ijoro( 11h50pm) ubwo umuganga upima ibizamini muri Labo witwa Jean Baptiste Sikubwabo yagize ibyo atumvikanaho na mugenzi we witwa Eric Bizimana ukora muri maternité, ‘amutera ikintu’ amukomeretsa ku gahanga.

Sikubwabo avuga ko ibyabaye bitakwitwa imirwano kuko atari ahanganye na Bizimana ahubwo ko byakwitwa guhohoterwa agakubitwa.

Yagize ati: “ Byakozwe n’umubyaza waje gukoresha ikizamini agasanga hari ikindi ndangije ariko agashaka ko nkora icyo azanye mu gihe gito kucyo gisanzwe kimara yabona bitinze akankubita ikintu ngakomereka ku mutwe.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Sikubwabo Jean Baptiste bakunda kwita Socrate avuga ko yabanje gutunganya ikizamini cy’amaraso yakirangiza Eric akamuzanira icy’inkari kugira ngo barebe niba nyirazo atwite.

Kubera ko ikizamini cy’inkari kimara iminota itanu, avuga ko yasabye Eric kwihangana iminota ikarangira undi ntiyabyumva neza nibwo ngo yamuteraga ikintu kikamukomeretsa.

Abajijwe icyo kintu avuga ko bamuteye icyo ari cyo yavuze ko atakimenya ahubwo ko Eric Bizimana ‘yabwiye ubuyobozi ko ari igipfunsi.’

Ikindi Jean Baptiste Sikubwabo avuga ko mugenzi we yakoze kandi kidakwiye ni uko ngo ikizamini yazanye muri Labo kitari kiriho amazina.

Iyo ikizamini kitariho amazina bigora umukozi ugipima kumenya icyo aricyo kandi bishobora gutuma uwagifashwe atamenyekana ngo abe ari we ugihabwa.

- Advertisement -

Avuga ko bukeye yagiye kwipfukisha nyuma ajya kubibwira ubuyobozi bw’ibitaro ndetse na Eric Bizimana yemera ibyabaye asaba imbabazi.

Sikubwabo ati: ‘Akurikiranwe…’

N’ubwo avuga ko yasabwe imbabazi akazitanga, Sikubwabo Jean Baptiste asaba abagenzacyaha n’abandi bafite ububasha kuri Eric Bizimana kumukurikirana bakamenya icyabimuteye.

Avuga ko mugenzi we wamukomerekeje ari mushya mu bitaro bya Masaka.

Taarifa yahamagaye Eric Bizimana kugira ngo agire icyo avuga ko bimuvugwaho ariko ntiyafashe telephone ye igendanwa.

Twagerageje kandi kuvugisha umuyobozi w’ibitaro bya Masaka Dr Marcel Uwizeye kugira ngo agire icyo avuga ku bivugwa mu kigo ayobora ariko ubwo twamuhamagaraga telefoni ye ntiyari ku murongo.

TAGGED:AbagangafeaturedGakoIbitaroKicukiroMasaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamonyi: ‘Uwitwazaga ko ari umukire’ agahohotera abaturage yafatanywe n’abandi bane
Next Article How to make cappucino by Taarifa Rwanda at KG Craft Cafe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?