Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Aravugwaho Gutema Umugore We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Aravugwaho Gutema Umugore We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2022 11:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kiyanja, Akagari ka Kagasa mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro haravugwa umugabo witwa Rusesabagina Daniel kuri Noheli yatemye bikomeye  umugore we.

Umugore we yitwa Mukamuzungu.

Daniel Rusesabagina asanzwe atuye mu Kagari ka Kagasa mu Murenge wa Gahanga muri Kicukiro

Umuturanyi w’aba bombi utashatse ko tumutangaza amazina avuga ko uriya mugabo yabanje gushwana n’umugore we, undi aramuhunga ajya ku wundi mugabo.

Bidatinze(nyuma y’iminsi ibiri), uyu Rusesabagina yamusanze aho ‘yari yahukaniye’ azanywe no kumusaba imbabazi.

Mutwarasibo w’aho ngaho yaraje arabunga, umugore asubira ku mugabo we Daniel Rusesabagina.

Yasubiye yo ariko bidatinze, arongera arahava asubira kwa wa mugabo amubwira ko yasanze [umugabo wundi] atarahindutse, ko yigarukiye.

Ku mugoroba wo kuri Noheli taliki 25, Ukuboza, 2022  bivugwa ko Daniel Rusesabagina yafashe umuhoro asanga wa mugore we aho yari yahukaniye amutemagura umubiri wose.

Abantu barahuruye baramutesha.

Umugore yasigaye avirirana bahamagaza imbangukiragutabara imujyana kwa muganga ariko uwabikoze aratoroka.

Twamenye ko bari barasezeranye mu buryo bw’amategeko ariko ko batari baratandukanye mu buryo nabwo bwemewe n’amategeko.

Yafuhiye umukobwa w’imyaka 16 atema mugenzi we…

Mu Murenge wa Gahanga kandi Taarifa yemenye amakuru y’umusore watemye akaboko mugenzi we ndetse no mu gahanga amuziza ko yamubuzaga gutereta umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko undi ntabyumve!

Uwo mukobwa bapfuye yitwa Sandrine.

Ibi byabaye bukeye bwa Noheli ni ukuvuga kuri uyu wa Mbere taliki 26, Ukuboza, 2022 bibera mu kagari ka Rwabutenge, Umudugudu wa Gahosha.

Uvugwaho gutema mugenzi we yarafashwe.

Yitwa Itangishaka Gérald akaba afite imyaka 23 y’amavuko.

Amakuru avuga ko nyuma yo kubona ko atishe uwo yatemye kuko uyu yahise amucika,  Itangishaka yatuye umujinya ingurube yari iri hafi aho ayitema igikanu irapfa.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police( CIP) Sylvestre Twajamahoro yabwiye Taarifa ko uwo  Rusesabagina agishakishwa ariko ko uwatemye mugenzi we bapfa umukobwa we yafashwe.

Asaba abantu ubworoherane, bakirinda inzika no kwihanira.

Ati: “Niba hari ibyo abantu batumvikanyeho kubera impamvu runaka, si byiza ko babipfa ngo bamwe bateme abandi cyangwa babagirire nabi mu bundi buryo.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Sylvestre Twajamahoro

Avuga ko amategeko abereyeho kurenganura abarengana no guhana abarenganya abandi ariko ibyiza kurushaho ari ubworoherana.

Muri Kicukiro havuzwe ibyo gutemana mu gihe no mu Ruhango n’aho bihavugwa.

Guhera kuwa Gatanu w’Icyumweru gishize abatuye n’abakorera mu Mirenge ya Busasamana, Kinihira na Kagabari mu Karere ka Ruhango bataka ko  bari kugabwaho ibitero n’abantu bitwaje intwaro gakondo bakabakomeretsa kugeza ubwo hari abarembeye mu bitaro.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police( CIP) Emmanuel Habiyaremye yaraye abwiye Taarifa ko iperereza kuri iki kintu ryatangiye.

TAGGED:featuredKicukiroPolisiRuhangoUmugaboUmuhoropUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yiyahuye Amaze Gusezerana N’Umugore We
Next Article Umufaransa Ufite Amaraso Yo Muri DRC Agiye Gukina Muri NBA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?