Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Umugabo Aravugwaho Kwica Nabi Umugore We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Kicukiro: Umugabo Aravugwaho Kwica Nabi Umugore We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2024 1:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gatenga haravugwa inkuru mbi y’umugabo wishe umugore we amuteraguye ibyuma. Abaturanyi babo bavuga ko uriya mugabo yavuze ko agiye kwica umugore we arangiza akajya kurya impungure muri Gereza.

Amashusho yashyizwe kuri X na Ndahiro Valens Pappy arumvikanisha abagore bavuganaga amarira menshi bavuga ko uwo mugabo yari agiye gutera icyuma umuntu waje kumutesha ngo atica umugore we.

Byabereye   mu Mudugudu wa Rebero, Akagari ka Karambo, Umurenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro.

Amakuru avuga ko uwakoze ibyo ari umugabo witwa Onesphore Hagenimana akaba yabanaga n’uwo mugore we mu buryo butemewe n’amategeko.

Uwo mugore yari afite imyaka ya 28 naho umugabo we afite imyaka 34 y’amavuko, bakaba bari bafitanye umwana umwe w’imyaka ibiri.

Bijya kuba, umugore yari yaravuye mu rugo iwe ahunze  uwo mugabo kubera amakimbirane, ndetse akaba yari amaze icyumweru ataba iwe yarahunze urugo.

Umugore yari umutayeri( umuntu udodera abandi imyenda) ukorera mu gasenteri kitwa Gashyekero.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo umugabo yahamagaraga umugore we ubwo undi yiteguraga kujya ku kazi, amwitabye undi amutera icyuma mu ijosi, mu mutwe no mu rubavu.

Abaturanyi batabaje, imbangukiragutabara iraza imujyana kwa muganga ariko aza gupfira yo.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali Superintendent of Police( SP) Sylvestre Twajamahoro yabwiye Taarifa ko uwo mugabo n’umugore we bari basanzwe babana mu makimbirane, bikaba ari byo bikekwa ko byabaye intandaro y’ubwo bwicanyi.

Icyakora RIB yatangiye iperereza cyane cyane ko uwo mugabo uvugwaho ubwo bwicanyi yamaze gufatwa akaba afungiwe kuri Station ya RIB i Gikondo.

TAGGED:AkarerefeaturedIbyumaUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Yazamutse Ku Rutonde Rwa FIFA
Next Article Rubavu: Uwinjije Magendu Yarashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?