Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Umujura Yateye Umukobwa Icyuma Mu Nda No Ku Ijosi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Umujura Yateye Umukobwa Icyuma Mu Nda No Ku Ijosi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2023 10:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umujura utamenyekanye yateye umukobwa icyuma mu nda no mu ijosi. Amakuru avuga ko uwo mujura yari yaje kare arihisha ashaka ko baza kumufungiranira mu nzu akabiba. Mu buryo butunguranye uwo mukobwa w’imyaka 23 yamubonye undi amutera icyuma mu ijosi no mu nda.

Umukobwa watewe icyuma yitwa Aloysia Mukeshimana.

Yiga muri Ecole Sécondaire de Muhura mu Karere ka Gatsibo.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rubirizi witwa Bayingana Pierre Claver yabwiye Taarifa ko icyo kibazo yakimenye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Amakuru dufite avuga ko uwo mujura yabinjjiranye agira ngo baze kumukingirana ashiduka hari umwana umubonye undi ahita amutera ibyuma agira ngo asohoke yiruke.”

Avuga ko byabaye hakiri kare kuko uwo mujura yashakaga ko ba nyiri urugo baza kumukingirana hanyuma akaza gucunga hagize usohoka agiye ku bwiherero nawe agahubukana icyo afashe cyose.

Bayingana avuga ko abaturanyi b’urwo rugo batabaye basanga umujura yagiye, umwana ajyanwa kwa muganga.

Asaba abaturage kutirara ngo bumve ko niba bakinze ku gipangu,  gukinga izindi nzugi ntacyo bimaze.

Ngo ubwo burangare no kwirara biha abajura urwaho rwo kwiba bitabagoye.

- Advertisement -

Pierre Claver Bayingana avuga ko mu Kagari ayobora ubujura bukunze kuhavugwa ari ubukorwa n’abakozi bo mu rugo.

Avuga ko kuba abakozi bo mu rugo baba bazi inzu yose n’imfunguzo zikinga ibyumba byose cyangwa byinshi, bibaha ubushobozi bwo kwiba cyangwa kwibisha ba nyiri urugo.

Asaba ba nyiri ingo kujya bagira amakenga kandi abafite imodoka zirara ku muhanda bakazishakira abazamu bo kwiringirwa.

Ubutumwa bwa Polisi…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali witwa Chief Inspector of Police( CIP) Sylvèstre Twajamahoro avuga ko abaturage bagomba kuba maso.

Ati: “Tusaba abaturage gukomeza kuba maso  bakirinda ko abajura babaca mu rihumye bakabiba cyangwa bagakora ikindi kibi.”

CIP Twajamahoro yibutsa abantu ko gutunga nomero ya telefoni ya Polisi nabyo ari ingenzi mu rwego rwo gutabaza igihe cyose bibaye ngombwa.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko umunyabyaha wese bitazamugwa amahoro.

Ubu ni ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda ku rwego rw’igihugu nk’uko bwaraye butangajwe n’Umuvugizi wayo Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera.

TAGGED:featuredIcyumaKicukiroPolisiRwandaUmujuraUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Abantu Batatu Bafitanye Isano Bapfiriye Rimwe
Next Article U Bushinwa Bwashyizeho Amategeko Mashya Yo Kujya Mu Gisirikare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?