Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Umujura Yateye Umukobwa Icyuma Mu Nda No Ku Ijosi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Umujura Yateye Umukobwa Icyuma Mu Nda No Ku Ijosi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2023 10:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umujura utamenyekanye yateye umukobwa icyuma mu nda no mu ijosi. Amakuru avuga ko uwo mujura yari yaje kare arihisha ashaka ko baza kumufungiranira mu nzu akabiba. Mu buryo butunguranye uwo mukobwa w’imyaka 23 yamubonye undi amutera icyuma mu ijosi no mu nda.

Umukobwa watewe icyuma yitwa Aloysia Mukeshimana.

Yiga muri Ecole Sécondaire de Muhura mu Karere ka Gatsibo.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rubirizi witwa Bayingana Pierre Claver yabwiye Taarifa ko icyo kibazo yakimenye.

Ati: “ Amakuru dufite avuga ko uwo mujura yabinjjiranye agira ngo baze kumukingirana ashiduka hari umwana umubonye undi ahita amutera ibyuma agira ngo asohoke yiruke.”

Avuga ko byabaye hakiri kare kuko uwo mujura yashakaga ko ba nyiri urugo baza kumukingirana hanyuma akaza gucunga hagize usohoka agiye ku bwiherero nawe agahubukana icyo afashe cyose.

Bayingana avuga ko abaturanyi b’urwo rugo batabaye basanga umujura yagiye, umwana ajyanwa kwa muganga.

Asaba abaturage kutirara ngo bumve ko niba bakinze ku gipangu,  gukinga izindi nzugi ntacyo bimaze.

Ngo ubwo burangare no kwirara biha abajura urwaho rwo kwiba bitabagoye.

Pierre Claver Bayingana avuga ko mu Kagari ayobora ubujura bukunze kuhavugwa ari ubukorwa n’abakozi bo mu rugo.

Avuga ko kuba abakozi bo mu rugo baba bazi inzu yose n’imfunguzo zikinga ibyumba byose cyangwa byinshi, bibaha ubushobozi bwo kwiba cyangwa kwibisha ba nyiri urugo.

Asaba ba nyiri ingo kujya bagira amakenga kandi abafite imodoka zirara ku muhanda bakazishakira abazamu bo kwiringirwa.

Ubutumwa bwa Polisi…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali witwa Chief Inspector of Police( CIP) Sylvèstre Twajamahoro avuga ko abaturage bagomba kuba maso.

Ati: “Tusaba abaturage gukomeza kuba maso  bakirinda ko abajura babaca mu rihumye bakabiba cyangwa bagakora ikindi kibi.”

CIP Twajamahoro yibutsa abantu ko gutunga nomero ya telefoni ya Polisi nabyo ari ingenzi mu rwego rwo gutabaza igihe cyose bibaye ngombwa.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko umunyabyaha wese bitazamugwa amahoro.

Ubu ni ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda ku rwego rw’igihugu nk’uko bwaraye butangajwe n’Umuvugizi wayo Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera.

TAGGED:featuredIcyumaKicukiroPolisiRwandaUmujuraUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Abantu Batatu Bafitanye Isano Bapfiriye Rimwe
Next Article U Bushinwa Bwashyizeho Amategeko Mashya Yo Kujya Mu Gisirikare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?