Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Yasabwe Kujyana N’Abandi Kwibuka Ati: ‘ Ntibindeba’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Yasabwe Kujyana N’Abandi Kwibuka Ati: ‘ Ntibindeba’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2025 10:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Linini, Akagari ka Gahanga, Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro haraye hafashwe Nsengiyumva Straton w’imyaka 40 akurikiranyweho gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abaye umuntu wa kabiri ufatiwe mu Karere ka Kicukiro akurikiranywe icyo cyaha nyuma y’umukobwa nawe wafashwe saa munani zo kuri uyu wa Mbere afatiwe mu Murenge wa Nyarugunga.

Nsengiyumva avugwaho ko ubwo yari ari kumwe n’abandi bari kunywa inzoga mu masaha yabanjirije ayo kujya mu biganiro kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Uwajeneza Marie Rose yabasabye ko bajya kwifatanya n’abandi we ntiyabyumva.

Yabasanze mu kabari kari gaherereye mu Mudugudu wa Nyakuguma Akagari ka Kagasa

Amakuru atangwa n’inzego zikorera muri aka Kagari avuga ko uwo mugabo wavuzwe haruguru yasubije uwo mugore ati: “Ibyo uri kutubwira genda ubibwire Nyoko niba nta n’uwo ufite ugende kumureba aho wamushyize ibyo ntibitureba”.

Uwabwiwe ayo magambo yahise atabaza inzego z’umutekano zihageze zisanga uwo mugabo yagiye, ziza kumushakisha kugeza ubwo yafatwaga mu mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ubwo yari ‘agarutse’ mu kabari.

Yafashwe saa mbiri z’ijoro ryakeye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahanga w’umusigire witwa Mapambano Feston yabwiye Taarifa Rwanda ko ayo makuru ari yo ariko akigenzura impamo yayo.

Mu gihe kitarenze amasaha 48, mu Mirenge ibiri ya Kicukiro hamaze kugaragara ingengabitekerezo ya Jenoside inshuro ebyiri.

Avuga ko, nk’umuyobozi w’Urwego rw’ibanze, atahita yemeza cyangwa ngo ahakane iby’ayo makuru ahubwo yabirekera Ubugenzacyaha bukabicumbura.

Ati: “ Baraye baramufashe, nanjye naraye mbyumvise ntyo, ubu nari ndimo mbikurikirana ngo menye amakuru yabyo y’impamo”.

Ku byerekeye ikibazo ibyabereye mu Murenge wa Nyarugunga, uwari umukoresha w’umukobwa uvugwaho iriya ngengabitekerezo witwa Rose yabwiye Taarifa Rwanda bari bamaze igihe bakoresha uriya mukobwa ariko batunguwe no kubona yandika amagambo akomeretsa nk’ariya.

TAGGED:AkabarifeaturedGuhakanaGupfobyaIngengabitekerezoJenosideKicukiroUmugaboUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyabigwi Wa Rayon Yarokowe No Kuba Yari Azwi
Next Article Karongi: Yishe Umuntu Ajya Kwirega
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?