Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Yasabwe Kujyana N’Abandi Kwibuka Ati: ‘ Ntibindeba’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Yasabwe Kujyana N’Abandi Kwibuka Ati: ‘ Ntibindeba’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2025 10:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Linini, Akagari ka Gahanga, Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro haraye hafashwe Nsengiyumva Straton w’imyaka 40 akurikiranyweho gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abaye umuntu wa kabiri ufatiwe mu Karere ka Kicukiro akurikiranywe icyo cyaha nyuma y’umukobwa nawe wafashwe saa munani zo kuri uyu wa Mbere afatiwe mu Murenge wa Nyarugunga.

Nsengiyumva avugwaho ko ubwo yari ari kumwe n’abandi bari kunywa inzoga mu masaha yabanjirije ayo kujya mu biganiro kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Uwajeneza Marie Rose yabasabye ko bajya kwifatanya n’abandi we ntiyabyumva.

Yabasanze mu kabari kari gaherereye mu Mudugudu wa Nyakuguma Akagari ka Kagasa

Amakuru atangwa n’inzego zikorera muri aka Kagari avuga ko uwo mugabo wavuzwe haruguru yasubije uwo mugore ati: “Ibyo uri kutubwira genda ubibwire Nyoko niba nta n’uwo ufite ugende kumureba aho wamushyize ibyo ntibitureba”.

Uwabwiwe ayo magambo yahise atabaza inzego z’umutekano zihageze zisanga uwo mugabo yagiye, ziza kumushakisha kugeza ubwo yafatwaga mu mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ubwo yari ‘agarutse’ mu kabari.

Yafashwe saa mbiri z’ijoro ryakeye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahanga w’umusigire witwa Mapambano Feston yabwiye Taarifa Rwanda ko ayo makuru ari yo ariko akigenzura impamo yayo.

Mu gihe kitarenze amasaha 48, mu Mirenge ibiri ya Kicukiro hamaze kugaragara ingengabitekerezo ya Jenoside inshuro ebyiri.

Avuga ko, nk’umuyobozi w’Urwego rw’ibanze, atahita yemeza cyangwa ngo ahakane iby’ayo makuru ahubwo yabirekera Ubugenzacyaha bukabicumbura.

Ati: “ Baraye baramufashe, nanjye naraye mbyumvise ntyo, ubu nari ndimo mbikurikirana ngo menye amakuru yabyo y’impamo”.

Ku byerekeye ikibazo ibyabereye mu Murenge wa Nyarugunga, uwari umukoresha w’umukobwa uvugwaho iriya ngengabitekerezo witwa Rose yabwiye Taarifa Rwanda bari bamaze igihe bakoresha uriya mukobwa ariko batunguwe no kubona yandika amagambo akomeretsa nk’ariya.

TAGGED:AkabarifeaturedGuhakanaGupfobyaIngengabitekerezoJenosideKicukiroUmugaboUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyabigwi Wa Rayon Yarokowe No Kuba Yari Azwi
Next Article Karongi: Yishe Umuntu Ajya Kwirega
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?